POLITIKE

U Rwanda rwemeye guhagarika amasezerano yo kohereza abimukira baturutse mu Bwongereza

Mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu mugoroba wo kuwa 8 Nyakanga 2024, n’Ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda byatangaje ko byamaze kumva umugambi wa Leta y’u Bwongereza wo guhagarika amasezerano yo gukemura ikibazo cy’abimukira yemejwe n’Inteko Zishinga Amategeko z’Ibihugu byombi.

Advertisements

Ibi guverinoma y’u Rwanda ibikomojeho bwa mbere nyuma y’ibiherutse gutangazwa na Minisitiri w’Intebe mushya w’Ubwongereza, Keir Starmer wavuze ko yaseshe iyo gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda yarimaze igihe itegurwa.

U Rwanda ruvuga ko iyi mikoranire ubusanzwe yatangijwe n’igihugu cy’u Bwongereza mu gukemura ikibazo cy’abimukira cyari kibwugarije, ndetse ko u Rwanda rutigeze rubigiramo n’uruhare.

Bavuga ko u Rwanda rwubahirije ibirureba harimo n’ibyerekeye amafaranga, kandi ko rukomeje mu nzira yo gushakisha umuti w’ibibazo birebana n’abimukira rutanga umutekano n’agaciro ku mpunzi n’abimukira barugana.

Icyakora cyo mu itangazo ntiryagarutse ku mafaranga u Rwanda rwakiriye kubera iyi gahunda, BBC ivuga ko gusa hashingiwe ku byanditsemo bishobora kugorana ko u Bwongereza bwasaba kuyasubizwa kuko ari bwo butubahirije iyi gahunda.

U Rwanda rwakiriye igice cya mbere kingana na miliyoni 300 z’amadolari ya Amerika busezeranywa kuzakira ayandi abimukira batangiye kuhagera.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago