FILE PHOTO: Migrants are seen on a dinghy following a failed attempt to cross to the Greek island of Lesbos, as a Turkish Coast Guard boat aproaches them, on the waters of the North Aegean Sea, off the shores of Canakkale, Turkey, March 6, 2020. REUTERS/Umit Bektas
Mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu mugoroba wo kuwa 8 Nyakanga 2024, n’Ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda byatangaje ko byamaze kumva umugambi wa Leta y’u Bwongereza wo guhagarika amasezerano yo gukemura ikibazo cy’abimukira yemejwe n’Inteko Zishinga Amategeko z’Ibihugu byombi.
Ibi guverinoma y’u Rwanda ibikomojeho bwa mbere nyuma y’ibiherutse gutangazwa na Minisitiri w’Intebe mushya w’Ubwongereza, Keir Starmer wavuze ko yaseshe iyo gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda yarimaze igihe itegurwa.
U Rwanda ruvuga ko iyi mikoranire ubusanzwe yatangijwe n’igihugu cy’u Bwongereza mu gukemura ikibazo cy’abimukira cyari kibwugarije, ndetse ko u Rwanda rutigeze rubigiramo n’uruhare.
Bavuga ko u Rwanda rwubahirije ibirureba harimo n’ibyerekeye amafaranga, kandi ko rukomeje mu nzira yo gushakisha umuti w’ibibazo birebana n’abimukira rutanga umutekano n’agaciro ku mpunzi n’abimukira barugana.
Icyakora cyo mu itangazo ntiryagarutse ku mafaranga u Rwanda rwakiriye kubera iyi gahunda, BBC ivuga ko gusa hashingiwe ku byanditsemo bishobora kugorana ko u Bwongereza bwasaba kuyasubizwa kuko ari bwo butubahirije iyi gahunda.
U Rwanda rwakiriye igice cya mbere kingana na miliyoni 300 z’amadolari ya Amerika busezeranywa kuzakira ayandi abimukira batangiye kuhagera.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…