FILE PHOTO: Migrants are seen on a dinghy following a failed attempt to cross to the Greek island of Lesbos, as a Turkish Coast Guard boat aproaches them, on the waters of the North Aegean Sea, off the shores of Canakkale, Turkey, March 6, 2020. REUTERS/Umit Bektas
Mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu mugoroba wo kuwa 8 Nyakanga 2024, n’Ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda byatangaje ko byamaze kumva umugambi wa Leta y’u Bwongereza wo guhagarika amasezerano yo gukemura ikibazo cy’abimukira yemejwe n’Inteko Zishinga Amategeko z’Ibihugu byombi.
Ibi guverinoma y’u Rwanda ibikomojeho bwa mbere nyuma y’ibiherutse gutangazwa na Minisitiri w’Intebe mushya w’Ubwongereza, Keir Starmer wavuze ko yaseshe iyo gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda yarimaze igihe itegurwa.
U Rwanda ruvuga ko iyi mikoranire ubusanzwe yatangijwe n’igihugu cy’u Bwongereza mu gukemura ikibazo cy’abimukira cyari kibwugarije, ndetse ko u Rwanda rutigeze rubigiramo n’uruhare.
Bavuga ko u Rwanda rwubahirije ibirureba harimo n’ibyerekeye amafaranga, kandi ko rukomeje mu nzira yo gushakisha umuti w’ibibazo birebana n’abimukira rutanga umutekano n’agaciro ku mpunzi n’abimukira barugana.
Icyakora cyo mu itangazo ntiryagarutse ku mafaranga u Rwanda rwakiriye kubera iyi gahunda, BBC ivuga ko gusa hashingiwe ku byanditsemo bishobora kugorana ko u Bwongereza bwasaba kuyasubizwa kuko ari bwo butubahirije iyi gahunda.
U Rwanda rwakiriye igice cya mbere kingana na miliyoni 300 z’amadolari ya Amerika busezeranywa kuzakira ayandi abimukira batangiye kuhagera.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…