Myugariro Mutsinzi Ange agiye kuba Umunyarwanda wa kabiri ugiye gukina imikino y’irushanwa rya UEFA Europa League nyuma y’uko ikipe ye ya Zira FK yo muri Azerbaijan imushyize ku rutonde rw’abagomba kugikina iryo rushanwa.
Umunyarwanda waheruka gukina irushanwa rya UEFA Europa League, ni nyakwigendera, Ndikumana Hamad Katauti wakiniraga ikipe ya AEL Limassol yo mu Bugereki.
Mutsinzi Ange myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi yashyizwe ku rutonde rw’abakinnyi Zira FK izifashisha mu mikino yo gushaka itike yo gukina irushanwa rya UEFA Europa League rihuza amakipe yegukanye ibikombe iwayo ku Mugabane w’i Burayi.
Myugariro Mutsinzi Ange aherutse kwerekeza muri Zira FK avuye FK Jevy yo muri Norvège. Aho yahise ahabwa na nimero gatatu [3] muri iyi kipe ye nshya izajya imuranga ari mu kibuga.
Ni imikino yo gushaka itike yo gukina irushanwa rya UEFA Europa League izatangira no kuri uyu wa Kane aho ikipe ya Zira FK ya Mutsinzi Ange irahura na Fc Sheriff ku isaha ya Saa Moya z’umugoroba.
Mugihe barenga iri jonjora ry’ibanze nibwo iyi kipe yakina imikino ibarizwamo amakipe nka Manchester United n’andi akomeye.
Mutsinzi Ange yaciye mu makipe arimo AS Muhanga, Rayon Sports, APR FC na CD Trofense yo mu gihugu cya Portugal.
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…