IMIKINO

Umunyarwanda agiye gukina imikino ya UEFA Europa League

Myugariro Mutsinzi Ange agiye kuba Umunyarwanda wa kabiri ugiye gukina imikino y’irushanwa rya UEFA Europa League nyuma y’uko ikipe ye ya Zira FK yo muri Azerbaijan imushyize ku rutonde rw’abagomba kugikina iryo rushanwa.

Umunyarwanda waheruka gukina irushanwa rya UEFA Europa League, ni nyakwigendera, Ndikumana Hamad Katauti wakiniraga ikipe ya AEL Limassol yo mu Bugereki.

Mutsinzi Ange myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi yashyizwe ku rutonde rw’abakinnyi Zira FK izifashisha mu mikino yo gushaka itike yo gukina irushanwa rya UEFA Europa League rihuza amakipe yegukanye ibikombe iwayo ku Mugabane w’i Burayi.

Myugariro Mutsinzi Ange aherutse kwerekeza muri Zira FK avuye FK Jevy yo muri Norvège. Aho yahise ahabwa na nimero gatatu [3] muri iyi kipe ye nshya izajya imuranga ari mu kibuga.

Ni imikino yo gushaka itike yo gukina irushanwa rya UEFA Europa League izatangira no kuri uyu wa Kane aho ikipe ya Zira FK ya Mutsinzi Ange irahura na Fc Sheriff ku isaha ya Saa Moya z’umugoroba.

Mugihe barenga iri jonjora ry’ibanze nibwo iyi kipe yakina imikino ibarizwamo amakipe nka Manchester United n’andi akomeye.

Mutsinzi Ange yaciye mu makipe arimo AS Muhanga, Rayon Sports, APR FC na CD Trofense yo mu gihugu cya Portugal.

Urutonde rw’abakinnyi Zira FK izifashisha mu irushanwa rya UEFA Europa League
Mutsinzi Ange agiye kuzakina imikino y’irushanwa rya UEFA Europa League ku nshuro ye ya mbere

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

10 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

11 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

12 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

1 day ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

1 day ago