IMIKINO

Umunyarwanda agiye gukina imikino ya UEFA Europa League

Myugariro Mutsinzi Ange agiye kuba Umunyarwanda wa kabiri ugiye gukina imikino y’irushanwa rya UEFA Europa League nyuma y’uko ikipe ye ya Zira FK yo muri Azerbaijan imushyize ku rutonde rw’abagomba kugikina iryo rushanwa.

Advertisements

Umunyarwanda waheruka gukina irushanwa rya UEFA Europa League, ni nyakwigendera, Ndikumana Hamad Katauti wakiniraga ikipe ya AEL Limassol yo mu Bugereki.

Mutsinzi Ange myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi yashyizwe ku rutonde rw’abakinnyi Zira FK izifashisha mu mikino yo gushaka itike yo gukina irushanwa rya UEFA Europa League rihuza amakipe yegukanye ibikombe iwayo ku Mugabane w’i Burayi.

Myugariro Mutsinzi Ange aherutse kwerekeza muri Zira FK avuye FK Jevy yo muri Norvège. Aho yahise ahabwa na nimero gatatu [3] muri iyi kipe ye nshya izajya imuranga ari mu kibuga.

Ni imikino yo gushaka itike yo gukina irushanwa rya UEFA Europa League izatangira no kuri uyu wa Kane aho ikipe ya Zira FK ya Mutsinzi Ange irahura na Fc Sheriff ku isaha ya Saa Moya z’umugoroba.

Mugihe barenga iri jonjora ry’ibanze nibwo iyi kipe yakina imikino ibarizwamo amakipe nka Manchester United n’andi akomeye.

Mutsinzi Ange yaciye mu makipe arimo AS Muhanga, Rayon Sports, APR FC na CD Trofense yo mu gihugu cya Portugal.

Urutonde rw’abakinnyi Zira FK izifashisha mu irushanwa rya UEFA Europa League
Mutsinzi Ange agiye kuzakina imikino y’irushanwa rya UEFA Europa League ku nshuro ye ya mbere

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

1 hour ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago