MU MAHANGA

Hamenyekanye amakipe azahurira ku mukino wa nyuma wa Copa America

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu ya Colombia isezereye ikipe y’Igihugu ya Ecuador bigoranye mu mukino wabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane i Kigali yahise igera ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya Copa America.

Bityo Colombia izacakirana n’ikipe y’Igihugu ya Argentina yari yasezereye ikipe y’Igihugu ya Canada ku bitego 2-0.

Impamvu y’uko uyu mukino wahuje Colombia na Uruguay warukomeye ni uko Uruguay yakuyemo igihugu cya Brazil ariyo yahabwaga amahirwe menshi yo kugera kuri Final.

Gusa yatunguwe ku munota wa 35, na Jefferson Lerma watsindiye Colombia igitego rukumbi cyabonetse muri uyu mukino, ku mupira yahawe na James Rodriguez.

Ni umukino kandi umukinnyi wa Colombia Daniel Muñoz yahawe ikarita itukura nyuma yo gukorera ikosa agatera inkokora Manuel Ugarte umukinnyi wa Uruguay ku munota wa 45 mbere y’uki igice cya mbere kirangira.

Mu gice cya kabiri ntagisanzwe cyabaye kuko Colombia y’abakinnyi 10 yagerageje kwihagararaho kugeza umukino urangiye.

Uruguay itagize amahirwe yo kugera ku mukino wa nyuma izahura na Canada bahatanira umwanya wa gatatu mu ijoro ryo ku cyumweru i Kigali.

Ni mugihe umukino wa nyuma w’irushanwa rya Copa America uzahuza Argentina na Colombia uzaba mu rukerera rwo kuwa Mbere tariki 16 Nyakanga 2024 i Kigali.

Christian

Recent Posts

Ibyo wamenya ku ikipe y’u Rwanda na Senegal zigiye guhura zihatanira itike y’igikombe cy’Afurika (Afrobasket2025)

Ikipe y'u Rwanda irakina na Senegal, mu mukino wa mbere wo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika…

12 mins ago

Guverinoma y’u Rwanda yanenze Amerika ibihano yafatiye Gen (Rtd) Kabarebe

Ku wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, Amerika yemeje ko yafatiye Gen (Rtd) James Kabarebe…

47 mins ago

Umuvugizi wa M23 Col. Willy Ngoma yagize icyo avuga kuri Makanika wishwe na FARDC

Nyuma y'uko Col. Michel Rukunda waruzwi nka Makanika wagiye aharanira uburenganzira bw'Abanyamulenge yishwe n'igisirikare cya…

1 hour ago

AMAFOTO: Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ yasezeranye imbere y’amategeko

Kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, nibwo Musengamana Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda…

21 hours ago

Col. Makanika yishwe agabweho igitero n’igisirikare cya Congo (FARDC)

Col Michel Rukunda uzwi nka Makanika wari uyoboye umutwe wa Twirwaneho yishwe n'igisirikare cya Repubulika…

22 hours ago

Hatangiye gutegurwa ikiriyo cya Papa Francis akiri muzima

Vaticani iri gutegura umuhango wo gusezera kuri Papa Francis nyuma y’uko bivugwa ko ubuzima bwe…

23 hours ago