Umujyi wa Kigali, waje ku mwanya wa gatanu mu Mijyi ikunzwe cyane muri Afurika no mu Burasirazuba bwo hagati. Abawutoye bawusobanura nk’umujyi mwiza usukuye, uhuza abantu, ukungahaye ku biribwa n’ibinyobwa biryoshye, ufite umutekano kandi w’ingirakamaro cyane by’umwihariko ku bawugenderera.
Uyu mwaka, Umujyi wa Kigali wazamutse ushyirwa ku mwanya wa gatanu mu mijyi ikunzwe muri Afurika no mu Burasirazuba bwo hagati. Ni mu matora akorwa n’abasomyi b’urubuga Travel + Leisure buri mwaka ku ngingo zitandukanye.
Buri mwaka, mbere y’uko hatangwa ibihembo bya ‘World’s Best Awards’ hakorwa ubushakashatsi, abasomyi b’urubuga Travel + Leisure bagasabwa gusangiza inararibonye yabo ku ngendo bakoze hirya no hino ku isi, bagatanga ibitekerezo kuri hoteli za mbere, resitora, imijyi, ibirwa, amato atwara abagenzi, indege n’ibindi.
Kuri ubu rero, abasomyi barenga 186.000 ba T + L barangije ubushakashatsi bwa 2024. Mu byagendeweho hatorwa imijyi ikunzwe rero harimo ibimenyetso nyaburanga, umuco, ibiribwa, imibanire y’abantu, imihahire, ndetse n’agaciro.
Umujyi wa Marrakesh wo mu gihugu cya Morocco, ni wo waje ku mwanya wa mbere mu majwi y’abasomyi batoye, ukaba uzwi cyane mu kugira ibice byinshi by’ubukerarugendo.
Uyu mujyi wa gatanu muri Morocco, urakundwa cyane kubera ufite ibice bimwe na bimwe bigaragaza umuco gakondo w’iki gihugu ndetse ukagira n’ibindi bice bigaragaza iterambere ry’iki gihugu.
Kigali iza ku mwanya wa gatanu, abayitoye bayisobanura nk’umujyi ufite isuku itangaje, utekanye, uteye imbere kandi ufitiye akamaro kanini abawutuyemo.
Dore uko imijyi yagiye ikurikirana mu matora yakozwe:
1. Marrakesh, Morocco: 89.172.
2. Cape Town, South Africa: 88.87
3. Jerusalem, Israel: 87.25
4. Dubai, United Arab Emirates: 86.14
5. Kigali, Rwanda: 85.93
6. Fez, Morocco: 84.37
7. Essaouira, Morocco: 83.97
8. Tel Aviv, Israel: 82.46
9. Luxor, Egypt: 82.04
10. Cairo, Egypt: 81.40
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…