RWANDA

Umujyi wa Kigali waje mu Mijyi 10 ya mbere ikunzwe kurusha indi muri Afurika 2024

Umujyi wa Kigali, waje ku mwanya wa gatanu mu Mijyi ikunzwe cyane muri Afurika no mu Burasirazuba bwo hagati. Abawutoye bawusobanura nk’umujyi mwiza usukuye, uhuza abantu, ukungahaye ku biribwa n’ibinyobwa biryoshye, ufite umutekano kandi w’ingirakamaro cyane by’umwihariko ku bawugenderera.

Uyu mwaka, Umujyi wa Kigali wazamutse ushyirwa ku mwanya wa gatanu mu mijyi ikunzwe muri Afurika no mu Burasirazuba bwo hagati. Ni mu matora akorwa n’abasomyi b’urubuga Travel + Leisure buri mwaka ku ngingo zitandukanye.

Buri mwaka, mbere y’uko hatangwa ibihembo bya ‘World’s Best Awards’ hakorwa ubushakashatsi, abasomyi b’urubuga Travel + Leisure bagasabwa gusangiza inararibonye yabo ku ngendo bakoze hirya no hino ku isi, bagatanga ibitekerezo kuri hoteli za mbere, resitora, imijyi, ibirwa, amato atwara abagenzi, indege n’ibindi.

Kuri ubu rero, abasomyi barenga 186.000 ba T + L barangije ubushakashatsi bwa 2024. Mu byagendeweho hatorwa imijyi ikunzwe rero harimo ibimenyetso nyaburanga, umuco, ibiribwa, imibanire y’abantu, imihahire, ndetse n’agaciro.

Umujyi wa Marrakesh wo mu gihugu cya Morocco, ni wo waje ku mwanya wa mbere mu majwi y’abasomyi batoye, ukaba uzwi cyane mu kugira ibice byinshi by’ubukerarugendo.

Uyu mujyi wa gatanu muri Morocco, urakundwa cyane kubera ufite ibice bimwe na bimwe bigaragaza umuco gakondo w’iki gihugu ndetse ukagira n’ibindi bice bigaragaza iterambere ry’iki gihugu.

Kigali iza ku mwanya wa gatanu, abayitoye bayisobanura nk’umujyi ufite isuku itangaje, utekanye, uteye imbere kandi ufitiye akamaro kanini abawutuyemo.

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa 5 mu mijyi ikunzwe muri Afurika

Dore uko imijyi yagiye ikurikirana mu matora yakozwe:

1. Marrakesh, Morocco: 89.172. 

2. Cape Town, South Africa: 88.87

3. Jerusalem, Israel: 87.25

4. Dubai, United Arab Emirates: 86.14

5. Kigali, Rwanda: 85.93

6. Fez, Morocco: 84.37

7. Essaouira, Morocco: 83.97

8. Tel Aviv, Israel: 82.46

9. Luxor, Egypt: 82.04

10. Cairo, Egypt: 81.40

Christian

Recent Posts

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

2 hours ago

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

23 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

23 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

24 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

24 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago