AMATORA

Paul Kagame yashyize umucyo ku kibazo cyaho azatorera

Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko nyuma yo gusabwa ko yazatorera mu Karere ka Nyarugenge yahisemo kuzatorera mu Karere ka Gasabo.

Ibi yabigarutseho mu gikorwa cyo kwiyamamaza cyabaye kuri uyu wa gatanu tariki 12 Nyakanga 2024, kuri site ya Bumbogo mu Karere ka Gasabo.

Ubwo yiyamamarizaga mu Karere ka Nyarugenge, abahatuye bamusabye kuzahatorera nubwo kuri ubu yari yerekeje muri Gasabo. No kuri iyi nshuro, i Bumbogo abaturage bamusabye kuzatorera mu Karere kabo.

Mu ijambo rye Paul Kagame umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika yemereye abaturage ba Gasabo ko ariho azatorera.

Yagize ati “Ati “Ikibazo hagati ya Nyarugenge na Gasabo uko nzabigenza, Fazil namwemereye ko nibantumira nzaza ngasangira nabo, ubwo nzaza. Ibyo gutora rero, ubwo nzatorera aho ndi. Hanyuma kuri wa munsi mukuru natumiweho, nkazajya gusangira n’abayisilamu ku munsi mukuru wabo.”

Ibikorwa byo kwiyamamaza hirya no hino bimaze hafi ukwezi bikorwa mu gihugu aho abakandida bahatanira umwanya w’umukuru w’igihugu ndetse n’abakandida depite bagiye basanga abaturage mu Turere dutandukanye bavuga imigabo n’imigambi babafitiye mu gihe cy’imyaka itanu iri mbere, ari nako basaba amajwi mu gikorwa nyirizina cy’amatora ateganyijwe tariki 15 Nyakanga 2024 mu gihugu.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

7 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

7 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

7 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

8 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago