AMATORA

Paul Kagame yashyize umucyo ku kibazo cyaho azatorera

Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko nyuma yo gusabwa ko yazatorera mu Karere ka Nyarugenge yahisemo kuzatorera mu Karere ka Gasabo.

Advertisements

Ibi yabigarutseho mu gikorwa cyo kwiyamamaza cyabaye kuri uyu wa gatanu tariki 12 Nyakanga 2024, kuri site ya Bumbogo mu Karere ka Gasabo.

Ubwo yiyamamarizaga mu Karere ka Nyarugenge, abahatuye bamusabye kuzahatorera nubwo kuri ubu yari yerekeje muri Gasabo. No kuri iyi nshuro, i Bumbogo abaturage bamusabye kuzatorera mu Karere kabo.

Mu ijambo rye Paul Kagame umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika yemereye abaturage ba Gasabo ko ariho azatorera.

Yagize ati “Ati “Ikibazo hagati ya Nyarugenge na Gasabo uko nzabigenza, Fazil namwemereye ko nibantumira nzaza ngasangira nabo, ubwo nzaza. Ibyo gutora rero, ubwo nzatorera aho ndi. Hanyuma kuri wa munsi mukuru natumiweho, nkazajya gusangira n’abayisilamu ku munsi mukuru wabo.”

Ibikorwa byo kwiyamamaza hirya no hino bimaze hafi ukwezi bikorwa mu gihugu aho abakandida bahatanira umwanya w’umukuru w’igihugu ndetse n’abakandida depite bagiye basanga abaturage mu Turere dutandukanye bavuga imigabo n’imigambi babafitiye mu gihe cy’imyaka itanu iri mbere, ari nako basaba amajwi mu gikorwa nyirizina cy’amatora ateganyijwe tariki 15 Nyakanga 2024 mu gihugu.

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

2 days ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

5 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

7 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago