Umukecuru wamamaye ku mvugo ‘Abakobwa bafite ubushyuhe’ witwaga Nyirangondo Esperance yitabye Imana kuri uyu wa Kane tariki 11 Nyakanga 2024.
Amakuru dukesha IGIHE aravuga ko uyu mukecuru Nyirangondo Esperance yapfuye ku gicamunsi aguye mu bitaro bya Kibirizi aho yaramaze iminsi arembeye.
Amakuru ajyanye n’urupfu rw’uyu mubyeyi wari usanzwe utuye mu Karere ka Gisagara Umurenge Ndora yanahamijwe n’umwuzukuruza we Iradukunda Sandrine.
Nyiragondo yitabye Imana afite abana 10, icyakora yari asigaranye babiri gusa mu gihe yakundaga guhamya ko yishimiye kubona ubuvivi n’ubuvivure.
Nyakwigendera biteganyijwe ko azashyingurwa mu cyubahiro kuri uyu wa 12 Nyakanga 2024, nk’uko umuryango we wabitangaje.
Nyirangondo Espérance yamamaye kubera ijambo yavuze ko ‘Abakobwa bafite ubushyuhe’, ryaje no kwifashishwa mu ndirimbo ‘Ubushyuhe’ ya DJ Pius na Bruce Melodie.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…