IMIKINO

Ikipe ya APR FC yageze muri ½ mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup idatsinzwe

Kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga, ikipe ya APR Fc ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup yakatishije itike ya ½ cy’irangiza idatsinzwe umukino n’umwe.

APR Fc yatsinze ikipe ya Sport Club Villa igitego 1-1, bituma isoza imikino itatu idatsinzwe mu irushanwa rikomeje kubera muri Tanzania.

APR Fc yatsinze umukino wayo wa mbere ubwo yahuraga n’ikipe ya Singida Black Stars Sc yo muri Tanzania, igitego 1-0, mu mukino wa kabiri, APR Fc n’ubundi yatsinze El Merriekh Bentiu Fc yo muri Sudan y’Epfo igitego 1-0, ni mugihe umukino wa gatatu wayihuje na Sports Club Villa yo muri Uganda byarangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1.

Igitego cya APR FC cyatsinzwe na Dushimimana Olivier “Muzungu” ku munota wa 26, mu gihe cyaje kugomborwa na Najib Yiga ku munota wa 45.

Uku kudatsindwa kwa APR Fc byahise biyihesha gusoza iyoboye itsinda C barimo n’amanota 7/9.

Ni umukino kandi warangiye Kapiteni w’ikipe ya APR Fc Niyomugabo Claude ahawe igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umukino.

APR Fc izagaruka mu kibuga kuwa Gatanu tariki 19 Nyakanga 2024, ihura na Al Hilal itozwa n’umunyecongo Florent Ibenge muri ½ cy’irangiza.

APR Fc yageze muri ½ cy’irangiza mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ririmo kubera muri Tanzania

Christian

Recent Posts

Umutoza w’Amavubi Torsten yahamagaye abakinnyi ashobora kuzifashisha mu gushaka itike ya CHAN

Umutoza w'ikipe y'igihugu 'Amavubi' Torsten Spittler yahamagaye abakinnyi 26 ashobora kuzakuramo azifashisha mu gushaka itike…

2 days ago

Itorero ‘Zeraphat Holy Church’ ryasabwe gufunga imiryango, rinamburwa ubuzima gatozi

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rwamaze guhagarika ibikorwa byose rinambura ubuzima gatozi, itorero Zeraphat Holy Church…

3 days ago

Bamporiki Edouard na CG (Rtd) Emmanuel Gasana mu bantu 32 bahawe imbabazi n’umukuru w’igihugu Paul Kagame

Mu byemezo by'inama y'Abaminisitiri yateranye kuwa gatanu tariki 18 Ukwakira 2024, ikayoborwa na Perezida wa…

3 days ago

Perezida wa Kenya William Ruto yashyizeho Visi Perezida mushya

Nyuma y'uko Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua yegujwe na Sena, Umukuru w'iki gihugu yemeje…

4 days ago

Byemejwe ko Liam Payne wahoze mu itsinda ‘One Direction’ yapfuye yiyahuye

Nyuma y'uko kuwa 16 Ukwakira 2024, inkuru y'incamugongo yasesekaye mu bakunzi by'umuziki by'umwihariko abakundaga itsinda…

4 days ago

Umugabo agiye kurongora abagore babiri umunsi umwe

Mu gihugu cya Nigeria, haravugwa inkuru y'umugabo witwa Ovoderie Stephen washyize hanze ubutumire bw'ubukwe bwo…

4 days ago