IMIKINO

Ikipe ya APR FC yageze muri ½ mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup idatsinzwe

Kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga, ikipe ya APR Fc ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup yakatishije itike ya ½ cy’irangiza idatsinzwe umukino n’umwe.

Advertisements

APR Fc yatsinze ikipe ya Sport Club Villa igitego 1-1, bituma isoza imikino itatu idatsinzwe mu irushanwa rikomeje kubera muri Tanzania.

APR Fc yatsinze umukino wayo wa mbere ubwo yahuraga n’ikipe ya Singida Black Stars Sc yo muri Tanzania, igitego 1-0, mu mukino wa kabiri, APR Fc n’ubundi yatsinze El Merriekh Bentiu Fc yo muri Sudan y’Epfo igitego 1-0, ni mugihe umukino wa gatatu wayihuje na Sports Club Villa yo muri Uganda byarangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1.

Igitego cya APR FC cyatsinzwe na Dushimimana Olivier “Muzungu” ku munota wa 26, mu gihe cyaje kugomborwa na Najib Yiga ku munota wa 45.

Uku kudatsindwa kwa APR Fc byahise biyihesha gusoza iyoboye itsinda C barimo n’amanota 7/9.

Ni umukino kandi warangiye Kapiteni w’ikipe ya APR Fc Niyomugabo Claude ahawe igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umukino.

APR Fc izagaruka mu kibuga kuwa Gatanu tariki 19 Nyakanga 2024, ihura na Al Hilal itozwa n’umunyecongo Florent Ibenge muri ½ cy’irangiza.

APR Fc yageze muri ½ cy’irangiza mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ririmo kubera muri Tanzania

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago