AMATORA

Paul Kagame yongeye gutorerwa kuyobora Abanyarwanda ku bw’iganze bw’amajwi, Dr Frank Habineza aramushimira

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora NEC yatangaje amajwi y’ibanze y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga 2024, aho yemeje ko umukandida Paul Kagame wa RPF Inkotanyi ariwe watsinze abo bari bahanganye n’amajwi 99.15%.

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’amatora, Oda Gasinzigwa yatangaje by’agateganyo amajwi y’ibanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere nk’uko byari biteganyijwe.

Amatora yerekanye ko Paul Kagame yongeye gutorerwa kuyobora igihugu cy’u Rwanda mu myaka itanu iri mbere.

Uretse Paul Kagame wabaye uwa mbere mu majwi, umukandida Dr Frank Habineza w’Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda yaje ku mwanya wa kabiri n’amajwi 0.53%, mu gihe Mpayimana Philippe wiyamamaje nk’umukandida wigenga yaje ku mwanya wa gatatu n’amajwi 0.32%.

Ibarura ry’iby’ibanze ry’ibyavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika rigaragaza ko Abanyarwanda baba mu mahanga batoye Paul Kagame ku majwi 95.40%, Habineza agira 2.15%, mu gihe Mpayimana Philippe yagize 2.45%.

Kugeza ubu amajwi arenga miliyoni 7 mu yarenga miliyoni 9 ni yo amaze kubarurwa.

Kagame wanikiye bagenzi be amajwi yamaze kubarurwa arerekana ko amaze gutorwa n’ababarirwa muri 7,099,810.

Habineza we amaze gutorwa n’ababarirwa mu 38,301 mu gihe Mpayimana amaze gutorwa n’ababarirwa mu 22,753.

Nyuma y’ibyatangajwe na NEC, Dr Frank Habineza mu ijambo rye yashimiye ibyavuye mu matora avuga ko abyemeye kandi ashimira umukandida Paul Kagame watsinze amatora.

Yagize ati: “Banyarwanda Banyarwandakazi, mu kanya kashize tumaze kubona ibivuye mu matora y’agateganyo bitangajwe na Komisiyo y’Igihugu y’amatora. Turagira ngo dutangaze ko tubyakiriye, kandi y’uko duhaye ishimwe cyangwa ’felicitation’ nyakubahwa Kagame Paul bimaze kugaragazwa ko yabonye amajwi. Tumuhaye felicitation”.

Christian

Recent Posts

Umutoza w’Amavubi Torsten yahamagaye abakinnyi ashobora kuzifashisha mu gushaka itike ya CHAN

Umutoza w'ikipe y'igihugu 'Amavubi' Torsten Spittler yahamagaye abakinnyi 26 ashobora kuzakuramo azifashisha mu gushaka itike…

2 days ago

Itorero ‘Zeraphat Holy Church’ ryasabwe gufunga imiryango, rinamburwa ubuzima gatozi

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rwamaze guhagarika ibikorwa byose rinambura ubuzima gatozi, itorero Zeraphat Holy Church…

3 days ago

Bamporiki Edouard na CG (Rtd) Emmanuel Gasana mu bantu 32 bahawe imbabazi n’umukuru w’igihugu Paul Kagame

Mu byemezo by'inama y'Abaminisitiri yateranye kuwa gatanu tariki 18 Ukwakira 2024, ikayoborwa na Perezida wa…

3 days ago

Perezida wa Kenya William Ruto yashyizeho Visi Perezida mushya

Nyuma y'uko Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua yegujwe na Sena, Umukuru w'iki gihugu yemeje…

4 days ago

Byemejwe ko Liam Payne wahoze mu itsinda ‘One Direction’ yapfuye yiyahuye

Nyuma y'uko kuwa 16 Ukwakira 2024, inkuru y'incamugongo yasesekaye mu bakunzi by'umuziki by'umwihariko abakundaga itsinda…

4 days ago

Umugabo agiye kurongora abagore babiri umunsi umwe

Mu gihugu cya Nigeria, haravugwa inkuru y'umugabo witwa Ovoderie Stephen washyize hanze ubutumire bw'ubukwe bwo…

4 days ago