AMATORA

Paul Kagame yongeye gutorerwa kuyobora Abanyarwanda ku bw’iganze bw’amajwi, Dr Frank Habineza aramushimira

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora NEC yatangaje amajwi y’ibanze y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga 2024, aho yemeje ko umukandida Paul Kagame wa RPF Inkotanyi ariwe watsinze abo bari bahanganye n’amajwi 99.15%.

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’amatora, Oda Gasinzigwa yatangaje by’agateganyo amajwi y’ibanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere nk’uko byari biteganyijwe.

Amatora yerekanye ko Paul Kagame yongeye gutorerwa kuyobora igihugu cy’u Rwanda mu myaka itanu iri mbere.

Uretse Paul Kagame wabaye uwa mbere mu majwi, umukandida Dr Frank Habineza w’Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda yaje ku mwanya wa kabiri n’amajwi 0.53%, mu gihe Mpayimana Philippe wiyamamaje nk’umukandida wigenga yaje ku mwanya wa gatatu n’amajwi 0.32%.

Ibarura ry’iby’ibanze ry’ibyavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika rigaragaza ko Abanyarwanda baba mu mahanga batoye Paul Kagame ku majwi 95.40%, Habineza agira 2.15%, mu gihe Mpayimana Philippe yagize 2.45%.

Kugeza ubu amajwi arenga miliyoni 7 mu yarenga miliyoni 9 ni yo amaze kubarurwa.

Kagame wanikiye bagenzi be amajwi yamaze kubarurwa arerekana ko amaze gutorwa n’ababarirwa muri 7,099,810.

Habineza we amaze gutorwa n’ababarirwa mu 38,301 mu gihe Mpayimana amaze gutorwa n’ababarirwa mu 22,753.

Nyuma y’ibyatangajwe na NEC, Dr Frank Habineza mu ijambo rye yashimiye ibyavuye mu matora avuga ko abyemeye kandi ashimira umukandida Paul Kagame watsinze amatora.

Yagize ati: “Banyarwanda Banyarwandakazi, mu kanya kashize tumaze kubona ibivuye mu matora y’agateganyo bitangajwe na Komisiyo y’Igihugu y’amatora. Turagira ngo dutangaze ko tubyakiriye, kandi y’uko duhaye ishimwe cyangwa ’felicitation’ nyakubahwa Kagame Paul bimaze kugaragazwa ko yabonye amajwi. Tumuhaye felicitation”.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

18 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

18 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago