AMATEKA

Perezida Kagame yagabiye Inka bamwe mu bahanzi batuye ahazwi nka Karumuna mu Karere ka Bugesera-AMAFOTO

Ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru, Perezida Paul Kagame arikumwe na Madamu Jeannette Kagame bahuye n’abamwe mu bahanzi batuye ahazwi nka Karumuna mu Karere ka Bugesera abatembereza mu rwuri rwe ruherereye muri ako Karere ndetse aranabagabira.

Abahanzi barimo nka Butera knowless, Platini P, Nel Ngabo, Tom close basanzwe batuye ahazwi nko mu karumuna mu karere ka Bugesera nibo bagabiwe n’umukuru w’igihugu Nyakubahwa Perezida Paul Kagame.

Aba kandi barimo abahanzi babashije kugenda mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi ariwe Paul Kagame. 

Aha twavuga nka Butera Knowless na Nel Ngabo. Aba bahanzi bose bagaragaje ibyishimo bidasanzwe byo kuba batemberejwe mu rwuri rwa Perezida Paul Kagame, aho ndetse banamushimiye kuba yabagabiye.

Ni amarangamutima menshi bamugaragarije babinyujije ku bitekerezo banyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo.

Umuhanzikazi Knowless Butera
Umuhanzi Platini P yishimira guhura n’umukuru w’igihugu Paul Kagame
Umuhanzi Tom Close avuga ijambo
Byari ibyishimo bikomeye kuri Nel Ngabo avugira imbere y’umukuru w’igihugu Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame
Banyujijeho no gutaramira abari bateraniye aho
Inka z’Inyambo ziri mu rwuri rwa Perezida Paul Kagame

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

9 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

10 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

11 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

11 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

1 day ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

1 day ago