Kuri uyu wa 15 Nyakanga 2024, ikipe y’igihugu y’abagore muri basketball yatangiye imyitozo yo kwitegura ijonjora ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi kizaba mu 2026.
Ni imikino yo gushaka itike y’igikombe igikombe cy’Isi izabera muri Bk Arena guhera tariki 19-25 Kanama 2026.
Ikipe y’igihugu y’abagore mu mikino w’intoki ya Basketball itangiye imyitozo yo kwitegura iy’imikino mu rwego rwo kuzitwara neza dore ko izaba iri mbere y’Abafana bayo.
U Rwanda ruzakira irushanwa ruherereye mu itsinda D ririmo amakipe y’ibigugu, aho twavugamo, Argentina, Great Britain na Lebanon.
Ni mugihe irindi tsinda C rizaba ribarizwa i Kigali, ririmo Brazil, Hungary, Senegal, Philippines.
Umwiherero w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino wa basketball utangiye vuba mu rwego rwo kumenyereza abakinnyi kugira ngo bazahuze mu mikino ibateganyirijwe imbere nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri ya siporo.
Imyitozo y’ikipe y’Igihugu y’abagore muri basketball izajya ibera muri Petit stade yavuguruwe.
Ni irushanwa rikomeye ku rwego rw’Isi, u Rwanda rwivuza kuzitwara neza imbere y’Abanyarwanda kugira ngo izabashe kwitabira irushanwa ry’igikombe cy’Isi kizaba mu mwaka 2026.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…