IMIKINO

Kylian Mbappé yerekanywe imbere y’imbaga y’abafana ba Real Madrid, Mama we asuka amarira-AMAFOTO

Kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Nyakanga 2024, imbere y’imbaga y’abafana ba Real Madrid bari babukereye bashaka kureba rutahizamu w’umufaransa Kylian Mbappé.

Nk’uko byari biteganyijwe kuri sitade ya Real Madrid i Santiago Bernabeu, abantu basaga ibihumbi 80 nibo baje kwirebera Kylian Mbappé waguzwe akuwe mu ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa.

Uyu rutahizamu ukina aca ku ruhande yinjiye mu kibuga cya sitade mu kwireka abafana be yambaye numero 9 mu mugongo, nka numero izajya imuranga mu kibuga.

Iyi numero azajya yambara yakuriwe n’abanyabwigwi banyuze muri iy’ikipe nka Karim Benzema, Cristiano Ronaldo, Ronaldo de Lima, Javier Saviola na Roberto Soldado.

Ubwo yavugaga ijambo mu rurimi rw’iki espagnol, Mbappé yavuze ko umuryango we wishimye cyane, kabone n’ubwo mama we yasutse amarira.

Mama wa Mbappé yasutse amarira ubwo yabonaga umuhungu waje gushyikirwa n’imbaga

Ati “Umuryango wanjye urishimye cyane, Nshobora kubona Mama wanjye arimo kurira, n’umunsi udasanzwe kuri njye, n’ibyahoze mu nzozi zanjye nkiri na muto. Kuba ndi hano bivuze byinshi kuri njye.”

‘Kuri ubu rero mfite izindi nzozi, mfite inzozi zo kuzegukana tuzamura ibikombe n’iy’ikipe y’ibigwi, hamwe n’abakunzi bayo, ndabasezeranya ko nzatanga ibyo mfite byose muri iy’ikipe”

Mu bundi butumwa yatanze Mbappé yagiriye inama abana bakiri bato, ababwira ko ibyo agezeho aribyahoze mu nzozi kandi yarameze nkabo.

Mbappé yaherekejwe n’ababyeyi be

Mbappe yamaze imyaka irindwi mu ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, i Paris aho yegukanye ibikombe birindwi bya Ligue 1 shampiyona y’icyiciro cya mbere mu gihugu cy’u Bufaransa ariko ananirwa gutwara Champions League.

Mbappé yemeye kugabanya umushahara munini nyuma yo gusinyana amasezerano y’imyaka 5 muri Real Madrid, akaba agomba kujya abona miliyoni 12.8 z’ama pound buri saison i Madrid, uvuye kuri miliyoni 21.4 z’ama pound yayo yinjizaga muri Paris Saint Germain.

Kylian Mbappé yeretswe nk’umukinnyi wa Real Madrid
Fiorentina Perez, Perezida wa Real Madrid yerekanye Kylian Mbappé

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

22 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

23 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

24 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

24 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago