IMIKINO

Kylian Mbappé yerekanywe imbere y’imbaga y’abafana ba Real Madrid, Mama we asuka amarira-AMAFOTO

Kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Nyakanga 2024, imbere y’imbaga y’abafana ba Real Madrid bari babukereye bashaka kureba rutahizamu w’umufaransa Kylian Mbappé.

Nk’uko byari biteganyijwe kuri sitade ya Real Madrid i Santiago Bernabeu, abantu basaga ibihumbi 80 nibo baje kwirebera Kylian Mbappé waguzwe akuwe mu ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa.

Uyu rutahizamu ukina aca ku ruhande yinjiye mu kibuga cya sitade mu kwireka abafana be yambaye numero 9 mu mugongo, nka numero izajya imuranga mu kibuga.

Iyi numero azajya yambara yakuriwe n’abanyabwigwi banyuze muri iy’ikipe nka Karim Benzema, Cristiano Ronaldo, Ronaldo de Lima, Javier Saviola na Roberto Soldado.

Ubwo yavugaga ijambo mu rurimi rw’iki espagnol, Mbappé yavuze ko umuryango we wishimye cyane, kabone n’ubwo mama we yasutse amarira.

Mama wa Mbappé yasutse amarira ubwo yabonaga umuhungu waje gushyikirwa n’imbaga

Ati “Umuryango wanjye urishimye cyane, Nshobora kubona Mama wanjye arimo kurira, n’umunsi udasanzwe kuri njye, n’ibyahoze mu nzozi zanjye nkiri na muto. Kuba ndi hano bivuze byinshi kuri njye.”

‘Kuri ubu rero mfite izindi nzozi, mfite inzozi zo kuzegukana tuzamura ibikombe n’iy’ikipe y’ibigwi, hamwe n’abakunzi bayo, ndabasezeranya ko nzatanga ibyo mfite byose muri iy’ikipe”

Mu bundi butumwa yatanze Mbappé yagiriye inama abana bakiri bato, ababwira ko ibyo agezeho aribyahoze mu nzozi kandi yarameze nkabo.

Mbappé yaherekejwe n’ababyeyi be

Mbappe yamaze imyaka irindwi mu ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, i Paris aho yegukanye ibikombe birindwi bya Ligue 1 shampiyona y’icyiciro cya mbere mu gihugu cy’u Bufaransa ariko ananirwa gutwara Champions League.

Mbappé yemeye kugabanya umushahara munini nyuma yo gusinyana amasezerano y’imyaka 5 muri Real Madrid, akaba agomba kujya abona miliyoni 12.8 z’ama pound buri saison i Madrid, uvuye kuri miliyoni 21.4 z’ama pound yayo yinjizaga muri Paris Saint Germain.

Kylian Mbappé yeretswe nk’umukinnyi wa Real Madrid
Fiorentina Perez, Perezida wa Real Madrid yerekanye Kylian Mbappé

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

20 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

20 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

21 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago