RWANDA

Rayon Sports yagaruye Haruna Niyonzima wayiherukagamo mu myaka 17

Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwemeza ko yasinyishije Haruna Niyonzima wigeze kuyikinira.

Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, Rayon Sports yamaze guha ikaze Haruna Niyonzima bita ‘Funga la Soka’.

Haruna Niyonzima w’imyaka 34 y’amavuko, wanyuze muri Rayon Sports mu mwaka w’imikino 2006/2007, yongeye kuba umukinnyi wayo mu mwaka w’imikino y’umwaka utaha.

Ni nyuma y’igihe impande zombi zigira ibiganiro, kuri ubu bikaba byamaze kujya mu murongo.

Niyonzima Haruna wazamukiye muri Enticelles  yanakiniye amakipe arimo nka AS Kigali, akinira Yanga Africans na Simba SC zo muri Tanzania ndetse na Al Ta’awon yo muri Libya yakiniraga mu mwaka w’imikino ushize.

Rayon Sports ikomeje gukataza ishaka abakinnyi batandukanye mu rwego rwo kugira ngo izitware neza mu mwaka w’imikino utaha, aho yamaze gusinyisha nka umunyezamu Ndikuriyo Patient, Rukundo Abdul Rahman, Richard Ndayishimiye, Omar Gningue, Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange’, Ishimwe Fiston, Omborenga Fitina ndetse na Niyonzima Olivier ‘Seif’.

Rayon Sports kandi yatangiye imyitozo ikaba iyikorera mu Nzove mu rwego rwo kwitegura shampiyona y’umwaka utaha 2024/2025.

Haruna Niyonzima yabaye umukinnyi wa Rayon Sports
Rayon yamaze guha ikaze Haruna Niyonzima wayikiniye mu myaka 17 ishize

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

18 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

20 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

20 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

20 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago