RWANDA

Rayon Sports yagaruye Haruna Niyonzima wayiherukagamo mu myaka 17

Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwemeza ko yasinyishije Haruna Niyonzima wigeze kuyikinira.

Advertisements

Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, Rayon Sports yamaze guha ikaze Haruna Niyonzima bita ‘Funga la Soka’.

Haruna Niyonzima w’imyaka 34 y’amavuko, wanyuze muri Rayon Sports mu mwaka w’imikino 2006/2007, yongeye kuba umukinnyi wayo mu mwaka w’imikino y’umwaka utaha.

Ni nyuma y’igihe impande zombi zigira ibiganiro, kuri ubu bikaba byamaze kujya mu murongo.

Niyonzima Haruna wazamukiye muri Enticelles  yanakiniye amakipe arimo nka AS Kigali, akinira Yanga Africans na Simba SC zo muri Tanzania ndetse na Al Ta’awon yo muri Libya yakiniraga mu mwaka w’imikino ushize.

Rayon Sports ikomeje gukataza ishaka abakinnyi batandukanye mu rwego rwo kugira ngo izitware neza mu mwaka w’imikino utaha, aho yamaze gusinyisha nka umunyezamu Ndikuriyo Patient, Rukundo Abdul Rahman, Richard Ndayishimiye, Omar Gningue, Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange’, Ishimwe Fiston, Omborenga Fitina ndetse na Niyonzima Olivier ‘Seif’.

Rayon Sports kandi yatangiye imyitozo ikaba iyikorera mu Nzove mu rwego rwo kwitegura shampiyona y’umwaka utaha 2024/2025.

Haruna Niyonzima yabaye umukinnyi wa Rayon Sports
Rayon yamaze guha ikaze Haruna Niyonzima wayikiniye mu myaka 17 ishize

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago