INKURU ZIDASANZWE

RDC: Imfungwa zatorotse gereza nkuru ya Manono

Mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amakuru aravuga ko Imfungwa zari zifungiye muri gereza nkuru ya Manono zatorotse.

Advertisements

Izibarirwa muri 85 nizo zemejwe ko zacitse iyi gereza nkuru iherereye mu Ntara ya Tanganyika muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Izi kandi zije ziyongera ku mfungwa zigera kuri 20 ziherutse gucika muri iyi gereza nkuru.

Amakuru yo gutoroka kw’imfungwa yanemejwe n’umuyobozi w’agateganyo wa Teritwari ya Manono, Germain Mwamba nk’uko tubikesha ikinyamakuru 7sur7.Cd aho cyavuze ko gutoroka kwabaye ahagana saa mbiri n’iminota 5 z’ijoro ryo kuri uyu wa Mbere.

Ati “Dukurikije amakuru twakiriye, hari ikibazo cy’abantu 85 bacitse. Ahagana mu ma Saa mbiri n’iminota 5 z’ijoro ni bwo habaye gutoroka. Mu buryo bakoresheje, izo mfungwa zacukuye umwobo muri kasho” kandi uyu mwobo waracukuwe kugeza usenye fondasiyo ya gereza ndetse n’iy’uruzitiro kugeza imfungwa zose zitorotse “.

Ku wa Gatatu, itariki 26 Kamena, byibuze abagororwa 20, barimo abasivili 16 n’umusirikare umwe, bari batorotse muri iyi gereza n’ubundi.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago