Mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amakuru aravuga ko Imfungwa zari zifungiye muri gereza nkuru ya Manono zatorotse.
Izibarirwa muri 85 nizo zemejwe ko zacitse iyi gereza nkuru iherereye mu Ntara ya Tanganyika muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Izi kandi zije ziyongera ku mfungwa zigera kuri 20 ziherutse gucika muri iyi gereza nkuru.
Amakuru yo gutoroka kw’imfungwa yanemejwe n’umuyobozi w’agateganyo wa Teritwari ya Manono, Germain Mwamba nk’uko tubikesha ikinyamakuru 7sur7.Cd aho cyavuze ko gutoroka kwabaye ahagana saa mbiri n’iminota 5 z’ijoro ryo kuri uyu wa Mbere.
Ati “Dukurikije amakuru twakiriye, hari ikibazo cy’abantu 85 bacitse. Ahagana mu ma Saa mbiri n’iminota 5 z’ijoro ni bwo habaye gutoroka. Mu buryo bakoresheje, izo mfungwa zacukuye umwobo muri kasho” kandi uyu mwobo waracukuwe kugeza usenye fondasiyo ya gereza ndetse n’iy’uruzitiro kugeza imfungwa zose zitorotse “.
Ku wa Gatatu, itariki 26 Kamena, byibuze abagororwa 20, barimo abasivili 16 n’umusirikare umwe, bari batorotse muri iyi gereza n’ubundi.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…