Ubuyobozi bureberera inyungu ibikorwa bw’umuhanzi Bwiza bwatangaje ko bwitandukanije n’abakomeje kumwiyitirira ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariko urukuta rwa X batangaza ibinyoma.
Ni nyuma y’ubutumwa bumaze iminsi ku rukuta rwa X rwitiriwe Umuhanzi Bwiza, bugira buti “Ntimukabifate nko kwigereranya, Mama Butera ni umu legend (Umunyabigwi) n’ubaha gusa nanjye ndi umuhanzi nk’abandi bahanzi duturanye hano, none ndibaza ngo kuki yaba arinjye wabuzemo ubwo ntakibazo mwumvamo?”.
Mu butumwa banyujijeho ku mbuga nkoranyambaga ze zemewe, abashinzwe kureberera inyungu ibikorwa bye bavuze ko Bwiza akoresha urukuta rwa X rumwe kandi ko izindi zimwitirirwa ntaho zihuriwe nawe kandi ko ibitangazwa nabo bandi bitandukanyije nabyo.
Ubuyobozi bwasabye ko uwo muntu umwiyitirira yakurikiranwa n’inzego zibishinzwe.
Intandaro y’ibyo byose, ni nyuma y’uko mu mpera z’icyumweru duherutse kuvamo Perezida Paul Kagame yakiriye bamwe mu bahanzi batuye ahazwi nka Karumuna mu Karere ka Bugesera akanabagabira Inka, ibintu bitavuzweho rumwe dore ko uyu muhanzikazi Bwiza nawe asanzwe ari uwo mu Karere ka Bugesera.
Bamwe bagiye bavuga ko ubusanzwe ariwe wari watumiwe gusa ngo akaza gusimbuzwa Umuhanzi Butera Knowless, ibintu bidafite ishingiro.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…