AMATORA

FPR Inkotanyi yatsindiye imyanya myinshi y’Abadepite bajya mu Nteko Inshinga Amategeko

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora NEC yatangaje ibyavuye mu ibarura ry’ibanze ry’ibyavuye mu matora y’Abadepite, aho FPR Inkotanyi ariyo yatsindiye imyanya myinshi y’Abadepite bajya mu Nteko Inshinga Amategeko ku majwi angana na 62.67%.

Umuryango wa FPR Inkotanyi, watsindiye ayo majwi yose nyuma yaho mu rugendo rwo kwiyamamaza kuri iyi nshuro hari andi mashyaka yifatanyije nawo harimo nka PPC, PDC, PSR, PSP na UDPR.

Andi mashyaka yatsinze yakurikiranye mu buryo bukurikira aho, PL yagize 10,97%, PSD igira 9.48%, PDI igira 5.01%, Green Party igira 5.30%, PS Imberakuri 5,26% naho umukandida wigenga Janvier Nsengiyumva agira 0,51%.

NEC ivuga ko ibarura rusange yakoze rishingiye ku majwi y’Abanyarwanda batoye bangana na miliyoni 8.761.453, bingana n’amajwi 96.60% mugihe ubusanzwe Abanyarwanda bari kuzatora ari miliyoni 9.071.157.

Iyi mitwe ya Politiki yari isanzwe ihagarariwe n’ubundi mu nteko ishingamategeko; izanasubuzwa kandi amafaranga yakoresheje mu kwiyamamaza kuko yose yagejeje amajwi 5%.

NEC ivuga ko bitarenze itariki 20 Nyakanga 2024, izatangaza by’agateganyo ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’Ay’Abadepite.

Naho bitarenze tariki 27 Nyakanga 2024, aribwo izatangaza amajwi ya burundu yo mu matora ya Perezida wa Repubulika n’Ay’Abadepite.

Christian

Recent Posts

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

25 seconds ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

20 minutes ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

42 minutes ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

3 days ago