INKURU ZIDASANZWE

Perezida wa Amerika Joe Biden yanduye COVID-19

Umukuru w’igihugu cya Amerika, Joe Biden yanduye COVID-19, nyuma yo kugaragaza ibimenyetso ubwo yiyamamarizaga i Las Vegas.

Ibiro bya Perezida wa Amerika (White) byavuze ko Joe Biden yapimwe COVID-19, kuwa gatatu tariki 17 Nyakanga 2024, ubwo yaragiye mu bikorwa byo kwiyamamaza i Las Vegas bakayimusangamo.

Ni nyuma yo kugaragaza ibimenyetso by’uburwayi ariko bidakabije.

Umunyamabanga ushinzwe ibijyanye n’itumanaho Karine Jean-Pierre, yavuze ko Biden yahise asabwa gusubira murugo iwe i Delaware, ashyirwe mu kato kugira ngo azakomeze akaba ariho azakomeza akazi ke.

Aya makuru agiye hanze mugihe nyamara yari yabanje gutangazwa mbere na Perezida akaba n’umuyobozi mukuru wa Unidos muri Leta zunze ubumwe za Amerika Janet Murguía, wari wabwiye abashyitsi bari mu ikoraniro ryaho bari bateraniye i Las Vegas ko perezida yamaze koherezwa kandi ko bicuza kuba atagishoboye kugaragara nk’uko byari biteganyijwe kubera ko yasanzwe yamaze kwandura.

Ni mugihe umuganga ushinzwe gukurikirana ubuzima bwa Perezida Joe Biden, Dr Kevin O’Connor yavuze ko Biden ku gicamunsi yari yabanje kugaragaza ibimenyetso birimo guhumeka no gukorora bidasaanzwe.

Dr Kevin O’Connor yakomeje avuga ko nyuma yo gupimwa bagasanga yanduye COVID-19, bihutiye kumuha imiti igabanya ubukana ya Paxlovid kandi yatangiye kuyinywa.

Biden yari ateganijwe kuvuga mu birori bya Unidos yabereye i Las Vegas ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu rwego rwo guhuza abazamutora yiyamamaza mbere y’amatora yo mu Gushyingo. Gusa, yahise yerekezwa ku kibuga cy’indege kugira ngo ajyanwe i Delaware, aho agomba kumara icyumweru cyose yitabwaho uko bikwiriye iwe i Rehoboth Beach.

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

17 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

18 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

19 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

19 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago