Umukuru w’igihugu cya Amerika, Joe Biden yanduye COVID-19, nyuma yo kugaragaza ibimenyetso ubwo yiyamamarizaga i Las Vegas.
Ibiro bya Perezida wa Amerika (White) byavuze ko Joe Biden yapimwe COVID-19, kuwa gatatu tariki 17 Nyakanga 2024, ubwo yaragiye mu bikorwa byo kwiyamamaza i Las Vegas bakayimusangamo.
Ni nyuma yo kugaragaza ibimenyetso by’uburwayi ariko bidakabije.
Umunyamabanga ushinzwe ibijyanye n’itumanaho Karine Jean-Pierre, yavuze ko Biden yahise asabwa gusubira murugo iwe i Delaware, ashyirwe mu kato kugira ngo azakomeze akaba ariho azakomeza akazi ke.
Aya makuru agiye hanze mugihe nyamara yari yabanje gutangazwa mbere na Perezida akaba n’umuyobozi mukuru wa Unidos muri Leta zunze ubumwe za Amerika Janet Murguía, wari wabwiye abashyitsi bari mu ikoraniro ryaho bari bateraniye i Las Vegas ko perezida yamaze koherezwa kandi ko bicuza kuba atagishoboye kugaragara nk’uko byari biteganyijwe kubera ko yasanzwe yamaze kwandura.
Ni mugihe umuganga ushinzwe gukurikirana ubuzima bwa Perezida Joe Biden, Dr Kevin O’Connor yavuze ko Biden ku gicamunsi yari yabanje kugaragaza ibimenyetso birimo guhumeka no gukorora bidasaanzwe.
Dr Kevin O’Connor yakomeje avuga ko nyuma yo gupimwa bagasanga yanduye COVID-19, bihutiye kumuha imiti igabanya ubukana ya Paxlovid kandi yatangiye kuyinywa.
Biden yari ateganijwe kuvuga mu birori bya Unidos yabereye i Las Vegas ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu rwego rwo guhuza abazamutora yiyamamaza mbere y’amatora yo mu Gushyingo. Gusa, yahise yerekezwa ku kibuga cy’indege kugira ngo ajyanwe i Delaware, aho agomba kumara icyumweru cyose yitabwaho uko bikwiriye iwe i Rehoboth Beach.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…