IMIKINO

REG WBBC yaguze umunyamerika Kristina King Morgan uri mu bakinnyi beza

REG WBBC yamaze kugura Umunyamerika Kristina Morgan King wakiniraga SBL Khasyn Khuleguud Becks yo muri Mongolia.

Kristina King Morgan ni nawe wabaye umukinnyi mwiza muri shampiyona ya 2023/24.

Uyu mukinnyi w’imyaka 29 aragaragara ku mukino iyi kipe ikinamo na APR WBBC Saa Mbiri n’Igice muri Lycée de Kigali.

Nk’uko byagaragaye ku mafoto yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje Kristina King Morgan ko yaraye ageze i Kigali mu ijoro ryakeye, aho yakiriwe n’Ubuyobozi bw’ikipe ya REG WBBC.

Uyu mukinnyi w’umuhanga azajya yambara numero 2 ku mugongo nk’uko byashyizwe hanze n’ikipe ya REG WBBC.

King Morgan yamaze guhabwa numero 2 muri REG WBBC

REG WBBC itarahiriwe no kwegukana igikombe cya shampiyona cy’umwaka ushize kigatwarwa na APR WBBC, yatangiye kwiyubaka mu rwego rwo kugira ngo izitware neza mu gice cya kabiri cya shampiyona y’u Rwanda.

REG WBBC yakuwe amata ku munwa, yatsinzwe ku mukino wa nyuma n’ikipe y’abagore ya APR ya Basketball amanota 62-61, muri shampiyona y’umwaka 2023/24, ibura igikombe gutyo.

Ni nyuma y’imikino ya kamparampaka yahuje aya makipe yombi bikarangira APR WBBC itsinze imikino 4-1 ya REG WBBC.

Kristina King Morgan yaraye i Kigali

Christian

Recent Posts

U Bwongereza bwanze kwishyura akayabo bw’ishyuzwa n’u Rwanda

Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje ko nta yandi mafaranga buzishyura u Rwanda, nyuma yo gusesa amasezerano…

24 hours ago

Amerika yohereje Ahmed Napoleon wasize akoze Jenoside mu Rwanda

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Werurwe 2025, igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za…

2 days ago

Uganda: Umusirikare yishe umukunzi we kubera ibiryo

Kuwa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, Umusirikare wo mu Ngabo za Uganda, L / Cpl Sserunkuma…

2 days ago

Hamenyekana icyatumye Karim Benzema ajya gukinira shampiyona yo muri Arabia Saudite

Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…

2 days ago

Amerika yahagaritse inkunga ya gisirikare ku gihugu cya Ukraine

Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…

2 days ago

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

2 days ago