IMIKINO

REG WBBC yaguze umunyamerika Kristina King Morgan uri mu bakinnyi beza

REG WBBC yamaze kugura Umunyamerika Kristina Morgan King wakiniraga SBL Khasyn Khuleguud Becks yo muri Mongolia.

Advertisements

Kristina King Morgan ni nawe wabaye umukinnyi mwiza muri shampiyona ya 2023/24.

Uyu mukinnyi w’imyaka 29 aragaragara ku mukino iyi kipe ikinamo na APR WBBC Saa Mbiri n’Igice muri Lycée de Kigali.

Nk’uko byagaragaye ku mafoto yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje Kristina King Morgan ko yaraye ageze i Kigali mu ijoro ryakeye, aho yakiriwe n’Ubuyobozi bw’ikipe ya REG WBBC.

Uyu mukinnyi w’umuhanga azajya yambara numero 2 ku mugongo nk’uko byashyizwe hanze n’ikipe ya REG WBBC.

King Morgan yamaze guhabwa numero 2 muri REG WBBC

REG WBBC itarahiriwe no kwegukana igikombe cya shampiyona cy’umwaka ushize kigatwarwa na APR WBBC, yatangiye kwiyubaka mu rwego rwo kugira ngo izitware neza mu gice cya kabiri cya shampiyona y’u Rwanda.

REG WBBC yakuwe amata ku munwa, yatsinzwe ku mukino wa nyuma n’ikipe y’abagore ya APR ya Basketball amanota 62-61, muri shampiyona y’umwaka 2023/24, ibura igikombe gutyo.

Ni nyuma y’imikino ya kamparampaka yahuje aya makipe yombi bikarangira APR WBBC itsinze imikino 4-1 ya REG WBBC.

Kristina King Morgan yaraye i Kigali

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago