REG WBBC yamaze kugura Umunyamerika Kristina Morgan King wakiniraga SBL Khasyn Khuleguud Becks yo muri Mongolia.
Kristina King Morgan ni nawe wabaye umukinnyi mwiza muri shampiyona ya 2023/24.
Uyu mukinnyi w’imyaka 29 aragaragara ku mukino iyi kipe ikinamo na APR WBBC Saa Mbiri n’Igice muri Lycée de Kigali.
Nk’uko byagaragaye ku mafoto yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje Kristina King Morgan ko yaraye ageze i Kigali mu ijoro ryakeye, aho yakiriwe n’Ubuyobozi bw’ikipe ya REG WBBC.
Uyu mukinnyi w’umuhanga azajya yambara numero 2 ku mugongo nk’uko byashyizwe hanze n’ikipe ya REG WBBC.
REG WBBC itarahiriwe no kwegukana igikombe cya shampiyona cy’umwaka ushize kigatwarwa na APR WBBC, yatangiye kwiyubaka mu rwego rwo kugira ngo izitware neza mu gice cya kabiri cya shampiyona y’u Rwanda.
REG WBBC yakuwe amata ku munwa, yatsinzwe ku mukino wa nyuma n’ikipe y’abagore ya APR ya Basketball amanota 62-61, muri shampiyona y’umwaka 2023/24, ibura igikombe gutyo.
Ni nyuma y’imikino ya kamparampaka yahuje aya makipe yombi bikarangira APR WBBC itsinze imikino 4-1 ya REG WBBC.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…