INKURU ZIDASANZWE

Umunyamakuru Nkundineza Jean Paul yasabiwe igifungo cy’imyaka 5

Ubujurire bw’ubushinjacyaha bw’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge bwasabiye igifungo cy’imyaka itanu mu buroko, umunyamakuru Nkundineza Jean Paul.

Muri uru rubanza, Ubushinjacyaha bwagaragaje ko butishimiye imikirize y’urubanza rwa Nkundineza kubera inenge zarugaragayemo aho bavuga ko Nkundineza atigeze yemera icyaha kuva mu bugenzacyaha kugeza mu rubanza mu mizi, nyamara Urukiko rw’Ibanze rumugabanyiriza ibihano.

Icyo gihe Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwari rwemeje ko icyaha cyo gukwirakwiza ibihuha kidahama Nkundineza.

Umushinjacyaha yasabye ko Nkundineza ahamywa ibyaha byose aregwa kuko bimuhama.

Mu kwiregura, Nkundineza Jean Paul avuga ko ntamakuru y’ibihuha yigeze atangaza aho yasabye ko Urukiko Rwisumbuye rwazashingira ku mategeko agenga umwuga w’Itangazamakuru.

Ku bijyanye n’icyo Umushinjacyaha yamuregaga cyo gutangaza ibihuha by’uko hari abakobwa batanze ubuhamya babibwirijwe na Mutesi Jolly, Nkundineza avuga ko ayo makuru yayiherewe n’umugore wa Prince Kid.

Ku cyaha cyo guhohotera uwatanze amakuru, yavuze ko link ziri mu kirego zakumvwa mu rukiko kuko nta makuru na make yigeze atangaza y’ibihuha atayabwiwe na nyir’ubwite.

Nkundineza kandi yiregura ku cyaha cyo kwibasira uwatanze amakuru avuga ko nta cyabayeho.

Umwunganizi wa Nkundineza avuga ko impamvu z’ubujurire bw’ubushinjacyaha zidakwiye guhabwa ishingiro kuko urukiko rw’Ibanze nta kosa rwakoze.

Tariki 31 Nyakanga 2024, nibwo biteganyijwe ko umwanzuro w’urubanza uzasomwa.

Ivomo: Bwiza

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

15 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

16 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

17 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

17 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago