Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe umutekano imbere mu gihugu, Alejandro Mayorkas, yavuze ko abari bashinzwe umutekano bananiwe inshingano zo kurinda umutekano wa Donald Trump uherutse gusimbuka urupfu.
Mu ntangiriro z’iki cyumweru, umukandida w’ishyaka ry’aba-Republicains ku mwanya wa Perezida, Donald Trump, yarashwe n’umusore w’imyaka 20 ku bw’amahirwe ararusimbuka.
Abantu benshi bamaganye uburyo abashinzwe umutekano wa Donald Trump bateshutse ku nshingano zabo, ntibabasha kubona uwamurashe wari ku nzu iri ku ntera ya metero 120, ndetse ntibabashe no guhita bamukingira ubwo amasasu yatangiraga kuraswa bikarangira rimuhushije.
Alejandro Mayorkas yavuze ko bitari bikwiriye kubaho ari yo mpamvu we abifata nko kunanirwa inshingano kandi avuga ko hazakorwa iperereza ryihariye kugira ngo hamenyekane icyateye icyo kibazo n’uko byagenze mbere yo gushaka ibisubizo bifatika kugira ngo bitazongera kubaho.
Donald Trump yararashwe ku bw’amahirwe akomereka ku gutwi gusa ntibyatinze abashinzwe umutekano we bahise bamujyana ahabugenewe kugira ngo yitabweho.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…