MU MAHANGA

Amerika yongereye igihe cy’agahenge mu ntambara ihuje RD Congo na M23

Kuwa Gatatu, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zongereye iminsi 15 ku gahenge zasabye Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.

Advertisements

Amerika yemeje ayo makuru mu itangazo ryasohowe na Matthew Miller, umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yayo.

Muri iryo tangazo Washington yasabye impande zihanganye muri RDC ndetse n’abantu batandukanye mu karere kubahiriza kariya gahenge.

Amerika kandi ivuga ko igikomeje gukorana bya hafi na Guverinoma z’ibihugu bya RDC, u Rwanda na Angola, mu rwego rwo gushyigikira ingufu za dipolomasi zigamije gucubya amakimbirane ya Kigali na Kinshasa biciye muri gahunda y’ibiganiro bya Nairobi na Luanda.

Ku itariki ya 4 Nyakanga ni bwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje kariya gahenge, mu rwego rwo gufasha abakora ibikorwa by’ubutabazi kwita ku banye-Congo bavanwe mu byabo n’imirwano.

Icyakora aka gahenge karanzwe no kwitana ba mwana hagati y’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo na M23; kuko buri ruhande rwashinje urundi kurenga ku gahenge.

Amakuru avuga ko mu gihe cy’aka gahenge hari imirwano yasakiranyije impande zombi yasize hari imidugudu yo muri Teritwari ya Masisi inyeshyamba zigaruriye.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago