IMIKINO

Haruna Niyonzima uherutse kugurwa na Rayon Sports yemeye ko ashaje ariko adasaziye ubusa

Haruna Niyonzima uherutse gusinyira ikipe ya Rayon Sports, ariko ntibivugweho rumwe n’abakunzi b’iy’ikipe kubera imyaka, yabasubije ko imyaka atariyo ikora ibikorwa mu kibuga.

Advertisements

Uyu mukinnyi batazira ‘Fundi la Soka’ waherukaga muri Gikundiro mu myaka isaga 18 ishize, yongeye kugirirwa icyizere n’ikipe ya Rayon Sports yamugize uwariwe kugeza kuri ubu, yongera kumusinyisha amasezerano y’umwaka azayikinira umwaka utaha w’imikino.

Haruna Niyonzima azakinira Rayon Sports umwaka w’imikino 2024/2025

Haruna Niyonzima yaherukaga muri Rayon Sports umwaka 2006/2007, aho yayigezemo avuye muri Enticelles yakuriyemo y’i Rubavu iyahoze ari Gisenyi.

Kuva icyo gihe Haruna Niyonzima yaje kwerekeza muyandi makipe atandukanye arimo na APR Fc mu mwaka 2008, yaje kubengukwa n’amakipe akomeye mu Karere aho yahise agurwa n’ikipe ya Yanga Africans yakiniye imyaka igera kuri itandatu kuva 2011/2017, akayivamo agurwa na Simba Sc yandikiyemo amateka kuva 2017/2019 zose zo muri Tanzania.

Nyuma yaho Haruna Niyonzima yaje kugaruka mu Rwanda, abasha gukinira ikipe ya As Kigali, umwaka w’imikino 2019/2020.

Mu mwaka 2020/2021, Haruna Niyonzima yongeye gusubira muri Yanga Africans yo muri Tanzania, ayikinira umwaka umwe, yongera agaruka muri As Kigali amaramo imyaka ibiri, nyuma ahita agurwa n’ikipe ya Taawon Ajdab yo muri Libya yamaze kurangizanya nayo amasezerano.

Bivugwa ko Rayon Sports yarimaze iminsi igirana ibiganiro na Haruna Niyonzima, nyuma y’uko amasezerano yarafitanye na Taawon Ajdab arangiye, n’ibiganiro byaje kushyirwaho akadomo impande zombi zumvikanye, zibasha kugenda neza ndetse bahita bamusinyisha amasezerano y’umwaka umwe.

Niyonzima Haruna yatangiye imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports

Benshi bakimubona barimo n’abakunzi ba Rayon Sports, bahise bavuga ko Haruna atari umukinnyi Rayon Sports yagakwiriye kuzana dore ngo anashaje kandi urebye uko andi makipe bahanganye arimo kwiyubaka nka APR Fc, n’izindi ntacyo bamwitegaho.

Mu kiganiro yahaye itangazamakuru, Haruna Niyonzima yasubije abamwita ko ashaje avuga ko we bitewe nibyo akora adasaziye ubusa, kandi ko imyaka atariyo ikora ibikorwa mu kibuga.

Haruna Niyonzima kuri ubu ufite imyaka 34 y’amavuko yagize ati “Icyiza cy’umupira ntabwo bawukinira mu cyumba, umupira bawukinira ahantu hagaragara. Abantu bavuga ko nshaje ntabwo mbyanga kuko ntabwo naba nsaziye ubusa.”

Haruna Niyonzima yasubije abamwita ko ashaje

Ati “Njye ntabwo nkunda kuvuga ku mupira w’amaguru kuko ubwawo urivugira.”

Yakomeje agira ati”Icyo navuga ni uko gusaza kwanjye maze iyo imyaka mbyumva ahubwo cyeretse niba narakecuye, gusa ndacyakora akazi neza. Niyo mpamvu mbivuze ntabwo umuntu ushaje bamugura hanze.”

Twakwibutsa ko Haruna Niyonzima yanabaye Kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ igihe kitari gito.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago