Kuri uyu wa Kane, tariki ya 18 Nyakanga 2024 nibwo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) ryasohoye uko amakipe y’ibihugu akurikirana.
Ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru mu Rwanda “Amavubi” yisanze ku mwa wa 131 yari iriho ku rutonde rw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA).
Mu rutonde rwaherukaga gusohoka muri Kamena 2024 u Rwanda nabwo rwari kuri uwo mwanya ndetse no muri Gicurasi rwari ruri kuri uyu mwanya.
Muri Kamena Amavubi yakinnyemo imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera Canada, Mexico na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Mu mikino 2 Amavubi yatsinzwe na Benin igitego 1-0 mu mukino wabereye Côte d’Ivoire ndetse atsinda Lesotho igitego 1-0 cyatsinzwe na Jojea Kwizera mu mukino wabereye muri Afurika y’Epfo.
Kuri uru rutonde habayeho impinduka ku makipe 10 ya mbere aho Argentine ikurikiwe n’u Bufaransa, Espagne, u Bwongereza, Brazil, u Bubiligi, u Buholandi, Portugal, Colombia n’u Butaliyani.
Ibihugu 10 bya mbere muri Afurika ni Maroc (ya 14 ku isi), Sénégal (19), Misiri (36), Côte d’Ivoire (38) Nigeria (39), Tunisia (41), Algeria (46), Cameroun (51), Mali (53), Afurika y’Epfo (57).
Ikipe ya APR Fc yananiwe kwikura imbere ya Pyramids Fc mu mukino wabereye mu Misiri…
Ikipe ya Rayon Sports yari yatezwe iminsi yabonye amanota atatu mbumbe ya mbere muri shampiyona…
Umuhanzikazi Marina Deborah wamamaye nka Marina mu muziki Nyarwanda yavuze ko ababajwe cyane n’abantu batangaje…
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…