Kuri uyu wa Kane, tariki ya 18 Nyakanga 2024 nibwo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) ryasohoye uko amakipe y’ibihugu akurikirana.
Ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru mu Rwanda “Amavubi” yisanze ku mwa wa 131 yari iriho ku rutonde rw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA).
Mu rutonde rwaherukaga gusohoka muri Kamena 2024 u Rwanda nabwo rwari kuri uwo mwanya ndetse no muri Gicurasi rwari ruri kuri uyu mwanya.
Muri Kamena Amavubi yakinnyemo imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera Canada, Mexico na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Mu mikino 2 Amavubi yatsinzwe na Benin igitego 1-0 mu mukino wabereye Côte d’Ivoire ndetse atsinda Lesotho igitego 1-0 cyatsinzwe na Jojea Kwizera mu mukino wabereye muri Afurika y’Epfo.
Kuri uru rutonde habayeho impinduka ku makipe 10 ya mbere aho Argentine ikurikiwe n’u Bufaransa, Espagne, u Bwongereza, Brazil, u Bubiligi, u Buholandi, Portugal, Colombia n’u Butaliyani.
Ibihugu 10 bya mbere muri Afurika ni Maroc (ya 14 ku isi), Sénégal (19), Misiri (36), Côte d’Ivoire (38) Nigeria (39), Tunisia (41), Algeria (46), Cameroun (51), Mali (53), Afurika y’Epfo (57).
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…