Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu rishyira ku Cyumweru tariki 14 Nyakanga 2024, habaye impanuka ikomeye i Sheffield, mu Majyepfo ya New Brunswick muri Canada yaguye abantu batatu ba basirikare barimo umunyarwanda.
Impanuka ikomeye yahitanye abantu batatu barimo umunyarwanda Sous Lieutenant Nkubito Kevin wabarizwaga mu Gisirikare cya Canada, ishengura imitima ya benshi yaba imiryango yabo, igihugu bakoreraga n’inshuti zabo hirya no hino ku Isi.
Sous-Lieutenant Nkubito Kevin wari ufite imyaka 29 y’amavuko yapfanye n’abantu babiri bari kumwe nawe mu modoka ndetse amakuru avuga ko bose bari abasirikare.
Polisi ya Canada [Royal Canadian Mounted Police: RCMP] yatangaje ko imodoka yari itwaye aba barisikare bo mu mutwe wa Oromocto yataye umuhanda, igonga igiti, ifatwa n’umuriro irakongoka, maze abantu batatu barimo umunyarwanda Sous Lieutenant Nkubito Kevin, bitaba Imana.
RCMP yatangaje ko iyi modoka yerekezaga Iburasirazuba ku muhanda wa 105, ikaba yakoze impanuka ubwo yari igeze mu birometero 30 mu Burasirazuba bwa Fredericton. Yavuze ko hazakorwa ibizamini bya ’Autopsie’ kugira ngo hamenyekane neza imyirondoro y’abantu bose bahitanywe n’iyi mpanuka ndetse hanamenyekane icyayiteye.
Umwe mu bo mu muryango wa Sous Lieutenant Nkubito Kevin, yabwiye inyaRwanda ko ari ibyago bikomeye kubura umuntu nka Nkubito Kevin wari ukiri muto dore ko yabonye izuba mu 1995, bivuze ko yari afite imyaka 29 gusa. Yavuze ko uyu musore yari amaze imyaka itatu mu ngabo za Canada, akaba yabaga muri icyo gihugu hamwe n’umuryango we.
Amarira ni yose ku miryango yaburiye abayo muri iyi mpanuka y’imodoka. “Kwakira ko utariho byananiye.” Ni ubutumwa bw’umwe mu nshuti za Lt. Nkubito Kevin, yanyujije ku mbuga nkoranyambaga aho yasutse amarira, akananirwa kwakira amakuru y’incamugongo yakiriye. Undi ati “Unaenda mapema Kevin wetu” [Ugiye kare Kevin wacu].
Ikipe ya APR Fc yananiwe kwikura imbere ya Pyramids Fc mu mukino wabereye mu Misiri…
Ikipe ya Rayon Sports yari yatezwe iminsi yabonye amanota atatu mbumbe ya mbere muri shampiyona…
Umuhanzikazi Marina Deborah wamamaye nka Marina mu muziki Nyarwanda yavuze ko ababajwe cyane n’abantu batangaje…
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…