Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Nyakanga 2024 nibwo hakomezaga imikino ya ½ cya CECAFA Kagame Cup imaze iminsi ibera muri Tanzania. Ni umukino warangiye ikipe ya APR Fc ihagarariye u Rwanda muri aya marushanwa ibonye intsinzi kuri penaliti 5-4 za Al Hilal Fc.
Uyu mukino warangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa bajya no mu minota 30 ya kamarampaka nabwo birangira binaniranye.
Nyuma yo kunganya bahise bitabaza penaliti zaje kurangira APR FC igeze ku mukino wa nyuma itsinze 5-4.
Uyu mukino APR Fc yitwaye neza, dore ko n’umukinnyi Dauda Seidu Yousif ari nawe wabaye umukinnyi w’umukino muri rusange.
Abakinnyi 5 ba APR FC aribo; Ndayishimiye Dieudonne, Niyigena Clement, Kategaya Elie, Byiringiro Gilbert na Mamadou Sy binjije penaliti zose mu gihe Al Hilal yahushije iya nyuma.
Ku mukino wa nyuma uzaba ku Cyumweru, APR FC izahura n’ikomeza hagati ya Al Wadi na Red Arrows.
APR Fc yegukanye irushanwa rya CECAFA Kagame Cup risanzwe riterwa inkunga n’Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame byaba bibaye ubwa mbere mu mateka yayo.
Ikipe ya APR Fc izakina ku mukino wa nyuma na Red Arrows Fc ku cyumweru nyuma yo gutsinda ibitego 2-0 ikipe ya Hay Al Wady.
Umugabo wo mu Murenge wa Butare mu Karere ka Rusizi yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano…
Mu ijoro ryo kuwa Kabiri tariki 17 Nzeri 2024, nibwo hatangiraga amarushanwa ya UEFA Champions…
Perezida wa Gasogo United Kakooza Nkuliza Charles (KNC) yatumiye abafana ba APR FC ku bwinshi…
Ikipe y’Ingabo z’igihugu APR FC yamaze gutangira urugendo rwerekeza mu Misiri kujya gukina umukino wa…
Urwego rw'igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Nzeri 2024, rwerekanye agatsiko k'abantu…
Umuherwekazi akaba n’umwe bahanzi bo ha mbere Zari Hassan aherutse kugaragaza itandukaniro ry’abahoze ari abagabo…