RWANDA

Rayon Sports Day 2024 igiye kubera muri sitade Amahoro yavuguruwe ihura n’ikigugu mu Karere

Ikipe ya Rayon Sports yatumiye ikipe ya Azam Fc ku munsi wayo uzwi nka ‘Rayon Sports Day’, aho umukino uteganyijwe kubera muri sitade Amahoro yavuguruwe ikaba isigaye yakira abantu 45 bicaye neza.

Advertisements

Ni umukino uba utegerejwe na benshi by’umwihariko abakunzi ba Rayon Sports baba babukereye kuri uwo munsi udasanzwe.

Uyu munsi niwo ikipe ya Rayon Sports imurikira abakunzi bayo abakinnyi bashya yamaze kugura izifashisha mu mwaka w’imikino muri shampiyona y’icyiciro cya mbere n’indi mikino.

Rayon Sports izaba igiye gukinira muri sitade Amahoro yavuguruwe ku nshuro ya kabiri, ku nshuro ya mbere yahuye na APR Fc mu mukino wari wiswe ‘Umuhuro mu Amahoro’ warangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa.

Haba n’umukino uhuza Rayon Sports n’ikipe iba yatumiye mu rwego rwo kwiyereka abafana ba Gikundiro, kuri iyi nshuro ikaba yaratumiye Azam Fc yo muri Tanzania isanzwe ifite izina ritoroshye mu Karere u Rwanda ruherereyemo. Aho bizahura ku itariki ya 3 Kanama 2024 kuri sitade Amahoro guhera ku isaha ya Saa Kumi n’imwe z’umugoroba.

Iyi Azam Fc niyo izahura na APR Fc mu mikino y’amakipe yatwaye ibikombe bya shampiyona mu bihugu byayo, (CAF Champions League) kuwa 16 Kanama 2024.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago