RWANDA

Sandra Teta wavuzweho gukubitwa bikomeye n’umugabo we yamugize Umujyanama mu by’umuziki

Douglas Mayanja [Weasel] uheruka kugirwa Umuyobozi Mukuru w’ibikorwa bya Goodlyfe Music, yahaye umugore we Sandra Teta inshingano zo kumubera Umujyanama mu muziki akajya ategura ibitaramo, kumenyekanisha ibikorwa no gushakisha ibiraka yaba ibyo kwamamaza n’umuziki.

Mu minsi micye ishize ni bwo Weasel yagize Sandra Teta ushinzwe ibikorwa bye mu buryo bwihariye. Bimenyekanye vuba, ariko amakuru avuga ko bimaze igihe ari ko bakorana.

Weasel yatangaje ko umugore we akomeje gutuma aba umuhanzi ufite icyerekezo. Ati: ”Byose umuziki n’urugo rwacu ni we ubiyoboye, mufitiye ishimwe, yatumye nongera kuba umuntu ufite icyerekezo.”

Teta na we yemeje aya makuru avuga ko ari umujyanama w’uyu muhanzi ati: ”Ndi umubyeyi wubatse mfite inshingano nyinshi ariko muri aka kazi mfite n’abandi tuzajya dufatanya kuko umuziki usaba imbaraga nyinshi.”

Uyu mugore yagaragaje ko yiteguye gukora iyo bwabaga akazatuma izina rya Goodlyfe rikomeza kugira ubuzima kandi akabasha kugeza umugabo we kure hashoboka.

Goodlyfe ryabaye itsinda rikomeye mu mateka y’umuziki w’Akarere ndetse Weasel na Mowzey Radio witabye Imana bakoze ibikomeye hagati ya 2004 na 2018.

Ubu Sandra Teta ni we uyoboye ibikorwa byo gutegura igitaramo cy’amateka cyiswe Memories of Goodlyfe kizabera kuwa 02 Kanama 2024 muri Hotel ya Africana.

Amatike yatangiye gucuruzwa guhera muri Kamena 2024 kandi ari kugurwa cyane, abifuza kuzaba bari kumwe bakaba barateguriye ibyicaro bya Miliyoni 3 na Miliyoni 5 by’amashilingi ya Uganda.Weasel n’itsinda rigari riyobowe n’umugore we bageze kure bategura igitaramo kizibutsa abantu bya bihe bya GoodlyfeSandra Teta ushimwa n’umugabo we avuga ko azakora iyo bwabaga nk’umujyanama mu by’umuziki w’urukundo rw’ubuzima bweWeasel yitezweho gutanga ibyishimo bisendereye mu ntangiriro za Kanama 2024.

Christian

Recent Posts

Rusizi: Yafashwe yaramaze gucucura abaturage yigize umukozi wa REG

Umugabo wo mu Murenge wa Butare mu Karere ka Rusizi yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano…

15 hours ago

UEFA Champions League: Amakipe amwe yatangiye irushanwa ahabwa isomo rya ruhago

Mu ijoro ryo kuwa Kabiri tariki 17 Nzeri 2024, nibwo hatangiraga amarushanwa ya UEFA Champions…

18 hours ago

KNC yatumiye abafana ba APR Fc ku mukino afitanye na Rayon Sports kuko azabahoza amarira

Perezida wa Gasogo United Kakooza Nkuliza Charles (KNC) yatumiye abafana ba APR FC ku bwinshi…

1 day ago

CAF CL: APR Fc yerekeje mu Misiri gukina umukino w’imibare

Ikipe y’Ingabo z’igihugu APR FC yamaze gutangira urugendo rwerekeza mu Misiri kujya gukina umukino wa…

1 day ago

RIB yerekanye agatsiko k’abantu 6 bakoze ubujura bw’imodoka

Urwego rw'igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Nzeri 2024, rwerekanye agatsiko k'abantu…

2 days ago

‘Ntawarushije Diamond Platnumz kundyohereza’ – Zari yacyeje Diamond Platnumz banabyaranye

Umuherwekazi akaba n’umwe bahanzi bo ha mbere Zari Hassan aherutse kugaragaza itandukaniro ry’abahoze ari abagabo…

2 days ago