RWANDA

Sandra Teta wavuzweho gukubitwa bikomeye n’umugabo we yamugize Umujyanama mu by’umuziki

Douglas Mayanja [Weasel] uheruka kugirwa Umuyobozi Mukuru w’ibikorwa bya Goodlyfe Music, yahaye umugore we Sandra Teta inshingano zo kumubera Umujyanama mu muziki akajya ategura ibitaramo, kumenyekanisha ibikorwa no gushakisha ibiraka yaba ibyo kwamamaza n’umuziki.

Advertisements

Mu minsi micye ishize ni bwo Weasel yagize Sandra Teta ushinzwe ibikorwa bye mu buryo bwihariye. Bimenyekanye vuba, ariko amakuru avuga ko bimaze igihe ari ko bakorana.

Weasel yatangaje ko umugore we akomeje gutuma aba umuhanzi ufite icyerekezo. Ati: ”Byose umuziki n’urugo rwacu ni we ubiyoboye, mufitiye ishimwe, yatumye nongera kuba umuntu ufite icyerekezo.”

Teta na we yemeje aya makuru avuga ko ari umujyanama w’uyu muhanzi ati: ”Ndi umubyeyi wubatse mfite inshingano nyinshi ariko muri aka kazi mfite n’abandi tuzajya dufatanya kuko umuziki usaba imbaraga nyinshi.”

Uyu mugore yagaragaje ko yiteguye gukora iyo bwabaga akazatuma izina rya Goodlyfe rikomeza kugira ubuzima kandi akabasha kugeza umugabo we kure hashoboka.

Goodlyfe ryabaye itsinda rikomeye mu mateka y’umuziki w’Akarere ndetse Weasel na Mowzey Radio witabye Imana bakoze ibikomeye hagati ya 2004 na 2018.

Ubu Sandra Teta ni we uyoboye ibikorwa byo gutegura igitaramo cy’amateka cyiswe Memories of Goodlyfe kizabera kuwa 02 Kanama 2024 muri Hotel ya Africana.

Amatike yatangiye gucuruzwa guhera muri Kamena 2024 kandi ari kugurwa cyane, abifuza kuzaba bari kumwe bakaba barateguriye ibyicaro bya Miliyoni 3 na Miliyoni 5 by’amashilingi ya Uganda.Weasel n’itsinda rigari riyobowe n’umugore we bageze kure bategura igitaramo kizibutsa abantu bya bihe bya GoodlyfeSandra Teta ushimwa n’umugabo we avuga ko azakora iyo bwabaga nk’umujyanama mu by’umuziki w’urukundo rw’ubuzima bweWeasel yitezweho gutanga ibyishimo bisendereye mu ntangiriro za Kanama 2024.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago