Umunya-Sudan Sharaf Eldin Shaiboub Ali uherutse gutandukana n’ikipe ya APR FC yaguzwe n’ikipe ya Al Hilal Benghaz yo muri Libya.
Shaiboub yashyize umukono w’amasezerano y’imyaka ibiri muri iyi kipe avuye muri APR FC yagezemo umwaka ushize akayifasha kwegukana igikombe cya Shampiyona idatsinzwe.
Ikinyamakuru Africa Transfer Market gitangaza ko uyu musore ukina mu kibuga hagati yaguzwe amafaranga ibihumbi ijana by’amadorali y’amerika ($100,000) ni ukuvuga arenga miliyoni 131 z’amafaranga y’u Rwanda.
Sharaf Eldin Shaiboub Ali yari asigaranye amasezerano y’umwaka umwe muri APR FC bivuze ko ayo Al Hilal Benghaz yamutanzeho impande zombi zayagabanye.
Uyu mukinnyi ni umwe mu bigaragaje kandi mugihe cy’umwaka umwe gusa yakiniye APR Fc, yigaragaje nk’umuhanga udashidikanywaho.
Mu mwaka umwe Shaiboub yakinnye muri APR FC, yayifashije kwegukana igikombe cya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda idatsinzwe.
Umugabo wo mu Murenge wa Butare mu Karere ka Rusizi yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano…
Mu ijoro ryo kuwa Kabiri tariki 17 Nzeri 2024, nibwo hatangiraga amarushanwa ya UEFA Champions…
Perezida wa Gasogo United Kakooza Nkuliza Charles (KNC) yatumiye abafana ba APR FC ku bwinshi…
Ikipe y’Ingabo z’igihugu APR FC yamaze gutangira urugendo rwerekeza mu Misiri kujya gukina umukino wa…
Urwego rw'igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Nzeri 2024, rwerekanye agatsiko k'abantu…
Umuherwekazi akaba n’umwe bahanzi bo ha mbere Zari Hassan aherutse kugaragaza itandukaniro ry’abahoze ari abagabo…