Umunya-Sudan Sharaf Eldin Shaiboub Ali uherutse gutandukana n’ikipe ya APR FC yaguzwe n’ikipe ya Al Hilal Benghaz yo muri Libya.
Shaiboub yashyize umukono w’amasezerano y’imyaka ibiri muri iyi kipe avuye muri APR FC yagezemo umwaka ushize akayifasha kwegukana igikombe cya Shampiyona idatsinzwe.
Ikinyamakuru Africa Transfer Market gitangaza ko uyu musore ukina mu kibuga hagati yaguzwe amafaranga ibihumbi ijana by’amadorali y’amerika ($100,000) ni ukuvuga arenga miliyoni 131 z’amafaranga y’u Rwanda.
Sharaf Eldin Shaiboub Ali yari asigaranye amasezerano y’umwaka umwe muri APR FC bivuze ko ayo Al Hilal Benghaz yamutanzeho impande zombi zayagabanye.
Uyu mukinnyi ni umwe mu bigaragaje kandi mugihe cy’umwaka umwe gusa yakiniye APR Fc, yigaragaje nk’umuhanga udashidikanywaho.
Mu mwaka umwe Shaiboub yakinnye muri APR FC, yayifashije kwegukana igikombe cya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda idatsinzwe.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…