INKURU ZIDASANZWE

Perezida Joe Biden yakuyemo kandidatire ye yo kwiyamamaza kuyobora Amerika abiharira Visi-Perezida

Perezida Joe Biden yatangaje ko yikuye mu bahatanira umwanya wo kuyobora Amerika abiharira visi-perezida we Kamala Harris mu matora ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka 2024.

Joe Biden yarahangiye uwo mwanya wo kongera kuyobora Amerika muyindi manda na Donald Trump w’ishyaka ry’Aba-Repubulike.

Biden w’imyaka 81 y’amavuko aherutse gushyirwaho igitutu, n’abagize ishyaka ayoboye ry’aba-Democrate bamusaba ko yafata umwanya ahubwo akaruhuka kuko ku myaka ye atayigerekaho no kuyobora ibibazo Amerika ifite.

Mu butumwa yashyize ku rukuta rwa X, Biden yavuze ko ahisemo guhagarika urugendo rwo guhatanira kuyobora Amerika, ariko ashyizeho Visi-perezida we Kamala Harris akaba ariwe ukwiriye gukomeza ibikorwa bye byo kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida.

Avuga ko uguhitamo Kamala Harris byahereye kuva mu 2020, ubwo yumvaga ko ari mu bashoboye inshingano zo kuyobora akamushyiraho nk’umungiriza we.

Biden arekuye inzira zo kwiyamamariza kuyobora Amerika, mugihe mu minsi aherutse kugaragaraho COVID-19, akajyanwa mu kato kugira ngo yitabweho uko bikwiriye.

Ni mugihe kandi nyamara Donald Trump nawe wiyamamariza umwanya wo kuyobora Amerika, aherutse gusimbuka urupfu nyuma yo kuraswa n’umugizi wa nabi ariko akamufatisha ku gutwi.

Christian

Recent Posts

Oda Paccy yahishuye amarozi yibera mu muziki Nyarwanda nawe ataramusize

Umuraperikazi Oda Paccy yatangiye urugendo rukomeye yanyuzemo mu muziki birimo n'uko yahuye n'amarozi mu bikorwa…

19 hours ago

Bukuru Christopher wananiwe muri APR Fc na Rayon Sports yerekeje ubuzima bwe muri As Kigali

Bukuru Christophe wanyuze mu makipe menshi mu Rwanda arimo nka APR Fc na Rayon Sports,…

21 hours ago

Liam Payne wahoze mu itsinda One Direction yitabye Imana ku myaka 31

Umuhanzi Liam Payne wahoze mu itsinda rya One Direction ryamamaye cyane mu myaka yashize yitabye…

1 day ago

Muhanga: Abaturage basogongejwe ku binyobwa bya Kasesa ubundi barabyina karahava

Ubwo uruganda rukora inzoga Kasesa Distillers & Distributors ltd bageraga i Muhanga bakiranywe yombi, maze…

2 days ago

Kanye West yashinjwe gushaka kurya umwana na Nyina

Umuraperi Kanye West akomeje gushinjwa ibyaha byinshi birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gushaka kuryamana…

4 days ago

REG WBBC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024, itsinze APR WBBC idakozemo-AMAFOTO

Ikipe ya REG WBBC yatwaye igikombe cya shampiyona ya Basketball y’Abagore nyuma yo gutsinda APR…

6 days ago