Perezida Joe Biden yatangaje ko yikuye mu bahatanira umwanya wo kuyobora Amerika abiharira visi-perezida we Kamala Harris mu matora ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka 2024.
Joe Biden yarahangiye uwo mwanya wo kongera kuyobora Amerika muyindi manda na Donald Trump w’ishyaka ry’Aba-Repubulike.
Biden w’imyaka 81 y’amavuko aherutse gushyirwaho igitutu, n’abagize ishyaka ayoboye ry’aba-Democrate bamusaba ko yafata umwanya ahubwo akaruhuka kuko ku myaka ye atayigerekaho no kuyobora ibibazo Amerika ifite.
Mu butumwa yashyize ku rukuta rwa X, Biden yavuze ko ahisemo guhagarika urugendo rwo guhatanira kuyobora Amerika, ariko ashyizeho Visi-perezida we Kamala Harris akaba ariwe ukwiriye gukomeza ibikorwa bye byo kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida.
Avuga ko uguhitamo Kamala Harris byahereye kuva mu 2020, ubwo yumvaga ko ari mu bashoboye inshingano zo kuyobora akamushyiraho nk’umungiriza we.
Biden arekuye inzira zo kwiyamamariza kuyobora Amerika, mugihe mu minsi aherutse kugaragaraho COVID-19, akajyanwa mu kato kugira ngo yitabweho uko bikwiriye.
Ni mugihe kandi nyamara Donald Trump nawe wiyamamariza umwanya wo kuyobora Amerika, aherutse gusimbuka urupfu nyuma yo kuraswa n’umugizi wa nabi ariko akamufatisha ku gutwi.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…