RWANDA

Perezida Kagame yashimiye abagize umuryango we avuga ko bamubereye ‘Akabando’

Mu birori byo kwishimira intsinzi, aherutse kwegukana mu matora y’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame wa FPR Inkotanyi yashimiye abagize umuryango we avuga ko bamubera ‘Akabando’.

Advertisements

Umukuru w’Igihugu yabitangaje ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki ya 21 Nyakanga, ubwo yari muri Kigali Convention Center mu gikorwa cy’umusangiro wateguwe na FPR Inkotanyi, aho Perezida Kagame yashimiye abagize uruhare mu bikorwa bye byo kwiyamamaza mu matora aherutse.

Ni ibikorwa byasize yegukanye intsinzi nyuma yo kugira amajwi asaga 99%.

Perezida Kagame mu ijambo rye yavuze ko ubwo benshi bavuga ababera akabando nawe bamubereye akabando.

Yahise asaba abagize umuryango we ko bamusanganira, hanyuma akabashimira byimbitse.

Abarimo Madamu Jeannette Kagame, Ivan Cyomoro Kagame, Ange Kagame n’umugabo Bertrand Ndengeyingoma na Captain Ian Kagame nibo bari bitabiriye ibyo birori by’umusangiro.

Yanashimiye inshuti z’umuryango muri rusange, avuga ko inshuti zabo zisanzwe zikorana nabo umunsi ku munsi mu buryo bwo kwiteza imbere bungurana ibitekerezo n’ibindi bibatera imbaraga.

Ati “Abagize umuryango wanjye uko mbashimiye, ni nako nishimiye izo nshuti zabo muri rusange”.

Aha kandi yaboneyeho no gushimira abayobozi bagize umuryango wa FPR Inkotanyi, harimo visi-chairman, umunyamabanga mukuru w’umuryango wa RPF, n’aba Komiseri bagize umuryango. Ati “Mu izina rya RPF Inkotanyi ndabashimiye cyane”

Perezida Kagame yashimiye abagize umuryango we

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago