IMIKINO

Arsene wahushije penaliti yatumye APR Fc ibura igikombe cya CECAFA Kagame Cup yagize icyo avuga

Rutahizamu wa APR FC, Tuyisenge Arsene wahushije penaliti ku mukino wa nyuma yahuragamo na Reds Arrows Fc yo muri Zambia yavuze ko nawe ubwe byari agahinda gakomeye.

Advertisements

Ubwo ikipe ya APR Fc yageraga i Kigali, mu ijoro ryo kuwa Mbere tariki 22 Nyakanga, mu ijambo rya Arsene Tuyisenge yagize icyo atangaza n’uko yiyumvaga nyuma yo guhusha Penaliti ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup APR FC yatsinzwemo na Red Arrows yo muri Zambia.

Yagize ati:  “Nari mu gahinda, ntabwo nibuka umukinnyi wangezeho bwa mbere gusa numvaga amajwi ambwira ngo komera bibaho, ni ibintu bisanzwe. Ikipe yose yambaye iruhande ntawe navuga ko utari uhari kandi ndabashimira cyane.”

Arsene Tuyisenge niwe wahushije penaliti yari igiye kuba iya cumi ku ruhande rw’ikipe ya APR Fc, ni mugihe ikipe ya Reds Arrows Fc yatwaye igikombe yari yatsinze 10 zose.

Umukino wari warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1 mu irushanwa ryari rimaze iminsi ribera ku butaka bwa Tanzania.

CECAFA Kagame Cup isanzwe iterwa inkunga n’Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame. Aho bivugwa ko atanga nibura ibihumbi 60 by’Amadorali ya Amerika.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago