IMIKINO

Arsene wahushije penaliti yatumye APR Fc ibura igikombe cya CECAFA Kagame Cup yagize icyo avuga

Rutahizamu wa APR FC, Tuyisenge Arsene wahushije penaliti ku mukino wa nyuma yahuragamo na Reds Arrows Fc yo muri Zambia yavuze ko nawe ubwe byari agahinda gakomeye.

Ubwo ikipe ya APR Fc yageraga i Kigali, mu ijoro ryo kuwa Mbere tariki 22 Nyakanga, mu ijambo rya Arsene Tuyisenge yagize icyo atangaza n’uko yiyumvaga nyuma yo guhusha Penaliti ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup APR FC yatsinzwemo na Red Arrows yo muri Zambia.

Yagize ati:  “Nari mu gahinda, ntabwo nibuka umukinnyi wangezeho bwa mbere gusa numvaga amajwi ambwira ngo komera bibaho, ni ibintu bisanzwe. Ikipe yose yambaye iruhande ntawe navuga ko utari uhari kandi ndabashimira cyane.”

Arsene Tuyisenge niwe wahushije penaliti yari igiye kuba iya cumi ku ruhande rw’ikipe ya APR Fc, ni mugihe ikipe ya Reds Arrows Fc yatwaye igikombe yari yatsinze 10 zose.

Umukino wari warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1 mu irushanwa ryari rimaze iminsi ribera ku butaka bwa Tanzania.

CECAFA Kagame Cup isanzwe iterwa inkunga n’Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame. Aho bivugwa ko atanga nibura ibihumbi 60 by’Amadorali ya Amerika.

Christian

Recent Posts

Umugabo agiye kurongora abagore babiri umunsi umwe

Mu gihugu cya Nigeria, haravugwa inkuru y'umugabo witwa Ovoderie Stephen washyize hanze ubutumire bw'ubukwe bwo…

29 mins ago

Oda Paccy yahishuye amarozi yibera mu muziki Nyarwanda nawe ataramusize

Umuraperikazi Oda Paccy yatangiye urugendo rukomeye yanyuzemo mu muziki birimo n'uko yahuye n'amarozi mu bikorwa…

23 hours ago

Bukuru Christopher wananiwe muri APR Fc na Rayon Sports yerekeje ubuzima bwe muri As Kigali

Bukuru Christophe wanyuze mu makipe menshi mu Rwanda arimo nka APR Fc na Rayon Sports,…

1 day ago

Liam Payne wahoze mu itsinda One Direction yitabye Imana ku myaka 31

Umuhanzi Liam Payne wahoze mu itsinda rya One Direction ryamamaye cyane mu myaka yashize yitabye…

1 day ago

Muhanga: Abaturage basogongejwe ku binyobwa bya Kasesa ubundi barabyina karahava

Ubwo uruganda rukora inzoga Kasesa Distillers & Distributors ltd bageraga i Muhanga bakiranywe yombi, maze…

2 days ago

Kanye West yashinjwe gushaka kurya umwana na Nyina

Umuraperi Kanye West akomeje gushinjwa ibyaha byinshi birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gushaka kuryamana…

4 days ago