POLITIKE

Perezida Kagame yashimiye bagenzi be baherutse kwishimira intsinzi yegukanye

Abinyujije ku rukuta rwa X, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye abayobozi b’ibihugu bishimiye intsinzi yegukanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Ni ubutumwa bwaherekejwe no kubizeza gukomeza ubufatanye bufitiye inyungu abaturage kuri bose.

Kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nyakanga 2024, nibwo Komisiyo y’Igihugu y’Amatora NEC yatangaje ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’Ay’Abadepite mu buryo bwa burundu, aho yashimangiye ko Paul Kagame yegukanye intsinzi n’amajwi 99.18%, naho Dr Frank Habineza w’ishyaka rya Green Party afata umwanzuro wa kabiri n’amajwi 0.50%, ni mugihe Mpayimana Philip umukandida wigenga yabonye amajwi 0.32%.

Gusa na mbere yaho, hatangazwa iby’ibanze mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’Ay’Abadepite byari byasize byemeje ko n’ubundi Paul Kagame ariwe wongeye kugira icyizere cyo kuyobora Abanyarwanda, abandi bayobozi ba bakuru b’ibihugu bari batangiye kwishimira intsinzi ye kandi bamwizeza ubufatanye bwo kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri mbere.

Ni amatora y’Umukuru w’Igihugu yahujwe n’Ay’Abadepite yabaye hagati ya tariki 14-16 Nyakanga 2024, yasize Perezida Paul Kagame yongeye gutorerwa indi Manda yo kuyobora u Rwanda n’ishyaka rya FPR Inkotanyi riri ku butegetsi ritsindira imyanya myinshi mu Nteko Inshinga Amategeko.

Abarimo uwa Barbados, Repubulika ya Centrafrique, Tchad, Comores, Cuba, Djibouti, Misiri, Ethiopia, Guinée-Bissau, Guinée, Kazakhstan, Kenya, Liberia, Madagascar, Maurice, Maroc, Mozambique, Oman, Qatar, Sénégal, Seychelles, Somalia, Sudani y’Epfo, u Busuwisi, Tanzania, Turukiya, Uganda, Venezuela na Zambia bafashe iya mbere mu kwishimira intsinzi ye.

Nawe yahisemo kubashimira kandi abizeza gukomeza gukora bateza imbere ububanyi n’Amahanga.

Aho yagize ati “Tuzakomeza ubufatanye bwacu budufitiye akamaro ibihugu byacu ndetse n’abaturage bacu.”

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

20 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

20 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

21 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago