POLITIKE

Perezida Kagame yashimiye bagenzi be baherutse kwishimira intsinzi yegukanye

Abinyujije ku rukuta rwa X, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye abayobozi b’ibihugu bishimiye intsinzi yegukanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Advertisements

Ni ubutumwa bwaherekejwe no kubizeza gukomeza ubufatanye bufitiye inyungu abaturage kuri bose.

Kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nyakanga 2024, nibwo Komisiyo y’Igihugu y’Amatora NEC yatangaje ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’Ay’Abadepite mu buryo bwa burundu, aho yashimangiye ko Paul Kagame yegukanye intsinzi n’amajwi 99.18%, naho Dr Frank Habineza w’ishyaka rya Green Party afata umwanzuro wa kabiri n’amajwi 0.50%, ni mugihe Mpayimana Philip umukandida wigenga yabonye amajwi 0.32%.

Gusa na mbere yaho, hatangazwa iby’ibanze mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’Ay’Abadepite byari byasize byemeje ko n’ubundi Paul Kagame ariwe wongeye kugira icyizere cyo kuyobora Abanyarwanda, abandi bayobozi ba bakuru b’ibihugu bari batangiye kwishimira intsinzi ye kandi bamwizeza ubufatanye bwo kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri mbere.

Ni amatora y’Umukuru w’Igihugu yahujwe n’Ay’Abadepite yabaye hagati ya tariki 14-16 Nyakanga 2024, yasize Perezida Paul Kagame yongeye gutorerwa indi Manda yo kuyobora u Rwanda n’ishyaka rya FPR Inkotanyi riri ku butegetsi ritsindira imyanya myinshi mu Nteko Inshinga Amategeko.

Abarimo uwa Barbados, Repubulika ya Centrafrique, Tchad, Comores, Cuba, Djibouti, Misiri, Ethiopia, Guinée-Bissau, Guinée, Kazakhstan, Kenya, Liberia, Madagascar, Maurice, Maroc, Mozambique, Oman, Qatar, Sénégal, Seychelles, Somalia, Sudani y’Epfo, u Busuwisi, Tanzania, Turukiya, Uganda, Venezuela na Zambia bafashe iya mbere mu kwishimira intsinzi ye.

Nawe yahisemo kubashimira kandi abizeza gukomeza gukora bateza imbere ububanyi n’Amahanga.

Aho yagize ati “Tuzakomeza ubufatanye bwacu budufitiye akamaro ibihugu byacu ndetse n’abaturage bacu.”

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

20 minutes ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

7 months ago