POLITIKE

Perezida Kagame yashimiye bagenzi be baherutse kwishimira intsinzi yegukanye

Abinyujije ku rukuta rwa X, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye abayobozi b’ibihugu bishimiye intsinzi yegukanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Ni ubutumwa bwaherekejwe no kubizeza gukomeza ubufatanye bufitiye inyungu abaturage kuri bose.

Kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nyakanga 2024, nibwo Komisiyo y’Igihugu y’Amatora NEC yatangaje ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’Ay’Abadepite mu buryo bwa burundu, aho yashimangiye ko Paul Kagame yegukanye intsinzi n’amajwi 99.18%, naho Dr Frank Habineza w’ishyaka rya Green Party afata umwanzuro wa kabiri n’amajwi 0.50%, ni mugihe Mpayimana Philip umukandida wigenga yabonye amajwi 0.32%.

Gusa na mbere yaho, hatangazwa iby’ibanze mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’Ay’Abadepite byari byasize byemeje ko n’ubundi Paul Kagame ariwe wongeye kugira icyizere cyo kuyobora Abanyarwanda, abandi bayobozi ba bakuru b’ibihugu bari batangiye kwishimira intsinzi ye kandi bamwizeza ubufatanye bwo kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri mbere.

Ni amatora y’Umukuru w’Igihugu yahujwe n’Ay’Abadepite yabaye hagati ya tariki 14-16 Nyakanga 2024, yasize Perezida Paul Kagame yongeye gutorerwa indi Manda yo kuyobora u Rwanda n’ishyaka rya FPR Inkotanyi riri ku butegetsi ritsindira imyanya myinshi mu Nteko Inshinga Amategeko.

Abarimo uwa Barbados, Repubulika ya Centrafrique, Tchad, Comores, Cuba, Djibouti, Misiri, Ethiopia, Guinée-Bissau, Guinée, Kazakhstan, Kenya, Liberia, Madagascar, Maurice, Maroc, Mozambique, Oman, Qatar, Sénégal, Seychelles, Somalia, Sudani y’Epfo, u Busuwisi, Tanzania, Turukiya, Uganda, Venezuela na Zambia bafashe iya mbere mu kwishimira intsinzi ye.

Nawe yahisemo kubashimira kandi abizeza gukomeza gukora bateza imbere ububanyi n’Amahanga.

Aho yagize ati “Tuzakomeza ubufatanye bwacu budufitiye akamaro ibihugu byacu ndetse n’abaturage bacu.”

Christian

Recent Posts

Byemejwe ko Liam Payne wahoze mu itsinda ‘One Direction’ yapfuye yiyahuye

Nyuma y'uko kuwa 16 Ukwakira 2024, inkuru y'incamugongo yasesekaye mu bakunzi by'umuziki by'umwihariko abakundaga itsinda…

30 seconds ago

Umugabo agiye kurongora abagore babiri umunsi umwe

Mu gihugu cya Nigeria, haravugwa inkuru y'umugabo witwa Ovoderie Stephen washyize hanze ubutumire bw'ubukwe bwo…

34 mins ago

Oda Paccy yahishuye amarozi yibera mu muziki Nyarwanda nawe ataramusize

Umuraperikazi Oda Paccy yatangiye urugendo rukomeye yanyuzemo mu muziki birimo n'uko yahuye n'amarozi mu bikorwa…

23 hours ago

Bukuru Christopher wananiwe muri APR Fc na Rayon Sports yerekeje ubuzima bwe muri As Kigali

Bukuru Christophe wanyuze mu makipe menshi mu Rwanda arimo nka APR Fc na Rayon Sports,…

1 day ago

Liam Payne wahoze mu itsinda One Direction yitabye Imana ku myaka 31

Umuhanzi Liam Payne wahoze mu itsinda rya One Direction ryamamaye cyane mu myaka yashize yitabye…

1 day ago

Muhanga: Abaturage basogongejwe ku binyobwa bya Kasesa ubundi barabyina karahava

Ubwo uruganda rukora inzoga Kasesa Distillers & Distributors ltd bageraga i Muhanga bakiranywe yombi, maze…

2 days ago