AMATORA

Kamala Harris yaje imbereho gato mu majwi kuri Donald Trump

Ibipimo by’ikusanyabitekerezo ryerekeye amatora ateganijwe muri Amerika mu Gushyingo uyu mwaka bigaragaza ko Visi Perezida Kamala Harris watanzwe na Perezida w’iki gihugu ari imbere ya Donald Trump ibice bibiri ku ijana.

Iri kusanyabitekerezo ryakozwe n’ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, n’ikigo gikora ubushakashatsi gifite ibiro bikuru i Paris mu Bufaransa kitwa Ipsos.

Iri kusanyabitekerezo ryakozwe ku wa mbere no kuwa kabiri ryakurikiranye inama rukokoma y’ishyaka ry’Abarepubulikani aho kuwa kane w’icyumweru gishize Donald Trump yemeye ku mugaragaro kuzarihagararira mu matora y’umukuru w’igihugu.

Ryakurikiranye kandi n’itangazo Perezida Joe Biden yakoze ku cyumweru avuga ko ahagaritse umugambi wo kwiyamamaza mu itora ry’umukuru w’igihugu, agashyigikira Visi Perezida we, Kamala Harris, kuba ari we ukomeza guhagararira ishyaka ry’Abademocrate. Abashinzwe kwamamaza Harris bavuga ko ntawe bahatanira uyu mwanya mu ishyaka rye.

Muri iri kusanyabitekerezo, Kamala Harris yabonye ibice 44 ku Ijana mu gihe Trump yabonye 42 ku ijana ku bitekerezo by’akusanyijwe imbere muri Amerika.

N’ubwo ikusanyabitekerezo ku matora nk’iri ritanga ishusho rusange y’uburyo abakandida bashyigikiwe imbere mu gihugu, hari za leta zimwe zihindagurika zishobora guhindura ibintu ku munota wa nyuma ari na zo ahanini zigena uzatsinda amatora.

Ikusanyabitekerezo riheruka rya ryerekanye ko Kamala Harris w’imyaka 49 agifite ibitekerezo birashe byo kuba yahangana n’ibibazo bigaragara mu buyobozi abona 56 ku ijana mu gihe Trump w’imyaka 78 yabonye 49 ku ijana.

Christian

Recent Posts

Oda Paccy yahishuye amarozi yibera mu muziki Nyarwanda nawe ataramusize

Umuraperikazi Oda Paccy yatangiye urugendo rukomeye yanyuzemo mu muziki birimo n'uko yahuye n'amarozi mu bikorwa…

19 hours ago

Bukuru Christopher wananiwe muri APR Fc na Rayon Sports yerekeje ubuzima bwe muri As Kigali

Bukuru Christophe wanyuze mu makipe menshi mu Rwanda arimo nka APR Fc na Rayon Sports,…

21 hours ago

Liam Payne wahoze mu itsinda One Direction yitabye Imana ku myaka 31

Umuhanzi Liam Payne wahoze mu itsinda rya One Direction ryamamaye cyane mu myaka yashize yitabye…

1 day ago

Muhanga: Abaturage basogongejwe ku binyobwa bya Kasesa ubundi barabyina karahava

Ubwo uruganda rukora inzoga Kasesa Distillers & Distributors ltd bageraga i Muhanga bakiranywe yombi, maze…

2 days ago

Kanye West yashinjwe gushaka kurya umwana na Nyina

Umuraperi Kanye West akomeje gushinjwa ibyaha byinshi birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gushaka kuryamana…

4 days ago

REG WBBC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024, itsinze APR WBBC idakozemo-AMAFOTO

Ikipe ya REG WBBC yatwaye igikombe cya shampiyona ya Basketball y’Abagore nyuma yo gutsinda APR…

6 days ago