IMIKINO

Moussa Madjaliwa wa Rayon Sports arashinjwa guta akazi, mugihe we ayisaba kumwishyura amafaranga bamubereyemo

Rayon sports iri kwishyuzwa akayabo ku mushahara na Aruna Moussa Madjaliwa ukomoka mu gihugu cy’u Burundi, uvugwa ko yataye akazi.

Advertisements

Aruna Moussa Madjaliwa usanzwe ari n’umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Burundi, avuga ko mugihe cyose yakwishyura amafaranga ikipe ya Rayon Sports imubereho ntakabuza yayikinira.

Umukinnyi ukina hagati mu kibuga yavuze ko mu gihe yaba yishyuwe imishahara y’amezi umunani nta kibazo cyatuma adakinira Rayon Sports.

Ku mukino wa gicuti Rayon sports yanganyijemo na Gorilla FC ku wa Gatandatu tariki 20 Nyakanga 2024, Aruna ntiyagaragaye nyuma yo guhagarika imyitozo bivugwa ko yongeye kuvunika. 

Ibyo byatumye ubuyobozi bwa Rayon Sports burakara nyuma yuko bwari bwamuhaye imbabazi mugihe bari baramubuze guhera mu Ugushyingo 2023 aho yavugaga ko yavunitse akajya kwivuriza iwabo mu Burundi.

Madjaliwa ashinjwa na Rayon Sports guta akazi

Rayon Sports ivuga ko yahagaritse kumuhemba nyuma yo kumufata nku wataye akazi kuko nta byemezo by’abaganga yigeze ayigaragariza ko yaba yarivuje, mu gihe raporo iyi kipe yabonye zigaragaza ko umukinnyi ari muzima.

Mu kiganiro yatanze ku wa 22 Nyakanga 2024, Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle, byagaragayeko biteguye gutandukana na Aruna Moussa Madjaliwa niba atiteguye gufasha iyi kipe muri uyumwaka w’imikino mushya 2024-2025.

Ati “Dutangira uyu mwaka w’imikino yagaragaje ubushake, kuko tumuzi ko ari umukinnyi mwiza, atwizeza ko azaza agakina, no mu myitozo naje inshuro zingahe nabonaga akora ariko nyuma yaje kongera avuga ko afite ibibazo.” 

Yakomeje agira ati “Urumva rero twebwe ntabwo ibikubiye mu masezerano tubibona. Amasezerano ni ibintu bibiri, ni inshingano zanjye n’uburenganzira bwanjye, ni inshingano zawe n’uburenganzira bwawe, umuntu utazagira icyo adufasha, amasezerano arahari kandi afite icyo avuga, mugihe Aruna yaba agiye ashobora gusimbuzwa, Umunya-Ghana James Akaminko ushobora gutizwa Rayon sports avuye muri Azam FC.

Ku ruhande, Aruna Madjaliwa avuga ko yiteguye gukinira Rayon Sports mu gihe yaba imwishyuye imishahara y’amezi umunani imubereyemo.

Aruna Moussa Madjaliwa arasaba ikipe ya Rayon Sports kumwishyura amafaranga imubereyemo

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago