INKURU ZIDASANZWE

Uganda: Polisi y’Igihugu yataye muri yombi abagera kuri 60 batangije imyigaragambyo

Nk’uko urubyiruko rwa Uganda rwari rwaburiwe kubagerageza gukora urugomo rw’imyigaragambyo n’umukuru w’igihugu byarangiye abagera kuri 60 batawe muri yombi n’igipolisi.

Ni imyigaragambyo yatangijwe n’urubyiruko kuri uyu wa kabiri tariki 23 Nyakanga 2024, mu Mujyi wa Kampala mu gihugu cya Uganda.

Umukuru w’igihugu cya Uganda, Yoweri K. Museveni yari yaburiye urubyiruko rushaka kwishora mu mihanda rukora ibijyanye n’imyigaragambyo ko nirubigerageza ruzahura n’akaga gakomeye.

Ibi niko byaje kugenda nyuma yaho, abatangije imyigaragambyo cyane cyane urubyiruko rwari rwishoye mu mihanda rufite ibyapa byanditse amagambo avuga ko rwamagana ruswa ivuzwa ubuhuha mu Nteko inshinga Amategeko na leta, basaba ko perezidante wayo Anita Among yakwegura.

Urubyiruko rwemeye gutabwa muri yombi ariko ruswa igahagarara

Ni urubyiruko rwagaragaye rushaka kujya ku Nteko Inshinga Amategeko kwigaragambya gusa ruburizwamo n’igipolisi rukoresheje imbagara bamwe barafatwa batabwa muri yombi.

Perezida Museveni ashinjwa n’uru rubyiruko ko n’ubwo azi ruswa ivuza ubuhuha mu Nteko Inshinga Amategeko no muri Leta, ko ntacyo yabikozeho ku buryo atabashije no kugaragaza kuyikurikirana ndetse n’abayishinjwa ngo abakurikirane.

Ni mugihe uyu Among Anita basaba kwegura ku nshingano zo mu Nteko Inshinga Amategeko aherutse gufatirwa ibihano ashinjwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ruswa, ibintu we atemera.

Christian

Recent Posts

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

23 minutes ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

43 minutes ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

1 hour ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

3 days ago