Nk’uko urubyiruko rwa Uganda rwari rwaburiwe kubagerageza gukora urugomo rw’imyigaragambyo n’umukuru w’igihugu byarangiye abagera kuri 60 batawe muri yombi n’igipolisi.
Ni imyigaragambyo yatangijwe n’urubyiruko kuri uyu wa kabiri tariki 23 Nyakanga 2024, mu Mujyi wa Kampala mu gihugu cya Uganda.
Umukuru w’igihugu cya Uganda, Yoweri K. Museveni yari yaburiye urubyiruko rushaka kwishora mu mihanda rukora ibijyanye n’imyigaragambyo ko nirubigerageza ruzahura n’akaga gakomeye.
Ibi niko byaje kugenda nyuma yaho, abatangije imyigaragambyo cyane cyane urubyiruko rwari rwishoye mu mihanda rufite ibyapa byanditse amagambo avuga ko rwamagana ruswa ivuzwa ubuhuha mu Nteko inshinga Amategeko na leta, basaba ko perezidante wayo Anita Among yakwegura.
Ni urubyiruko rwagaragaye rushaka kujya ku Nteko Inshinga Amategeko kwigaragambya gusa ruburizwamo n’igipolisi rukoresheje imbagara bamwe barafatwa batabwa muri yombi.
Perezida Museveni ashinjwa n’uru rubyiruko ko n’ubwo azi ruswa ivuza ubuhuha mu Nteko Inshinga Amategeko no muri Leta, ko ntacyo yabikozeho ku buryo atabashije no kugaragaza kuyikurikirana ndetse n’abayishinjwa ngo abakurikirane.
Ni mugihe uyu Among Anita basaba kwegura ku nshingano zo mu Nteko Inshinga Amategeko aherutse gufatirwa ibihano ashinjwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ruswa, ibintu we atemera.
Umuraperikazi Oda Paccy yatangiye urugendo rukomeye yanyuzemo mu muziki birimo n'uko yahuye n'amarozi mu bikorwa…
Bukuru Christophe wanyuze mu makipe menshi mu Rwanda arimo nka APR Fc na Rayon Sports,…
Umuhanzi Liam Payne wahoze mu itsinda rya One Direction ryamamaye cyane mu myaka yashize yitabye…
Ubwo uruganda rukora inzoga Kasesa Distillers & Distributors ltd bageraga i Muhanga bakiranywe yombi, maze…
Umuraperi Kanye West akomeje gushinjwa ibyaha byinshi birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gushaka kuryamana…
Ikipe ya REG WBBC yatwaye igikombe cya shampiyona ya Basketball y’Abagore nyuma yo gutsinda APR…