Nk’uko urubyiruko rwa Uganda rwari rwaburiwe kubagerageza gukora urugomo rw’imyigaragambyo n’umukuru w’igihugu byarangiye abagera kuri 60 batawe muri yombi n’igipolisi.
Ni imyigaragambyo yatangijwe n’urubyiruko kuri uyu wa kabiri tariki 23 Nyakanga 2024, mu Mujyi wa Kampala mu gihugu cya Uganda.
Umukuru w’igihugu cya Uganda, Yoweri K. Museveni yari yaburiye urubyiruko rushaka kwishora mu mihanda rukora ibijyanye n’imyigaragambyo ko nirubigerageza ruzahura n’akaga gakomeye.
Ibi niko byaje kugenda nyuma yaho, abatangije imyigaragambyo cyane cyane urubyiruko rwari rwishoye mu mihanda rufite ibyapa byanditse amagambo avuga ko rwamagana ruswa ivuzwa ubuhuha mu Nteko inshinga Amategeko na leta, basaba ko perezidante wayo Anita Among yakwegura.
Ni urubyiruko rwagaragaye rushaka kujya ku Nteko Inshinga Amategeko kwigaragambya gusa ruburizwamo n’igipolisi rukoresheje imbagara bamwe barafatwa batabwa muri yombi.
Perezida Museveni ashinjwa n’uru rubyiruko ko n’ubwo azi ruswa ivuza ubuhuha mu Nteko Inshinga Amategeko no muri Leta, ko ntacyo yabikozeho ku buryo atabashije no kugaragaza kuyikurikirana ndetse n’abayishinjwa ngo abakurikirane.
Ni mugihe uyu Among Anita basaba kwegura ku nshingano zo mu Nteko Inshinga Amategeko aherutse gufatirwa ibihano ashinjwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ruswa, ibintu we atemera.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…