RWANDA

Amatariki Paul Kagame na Tshisekedi bagiye kuzahuriraho i Luanda yamenyekanye

Nta gihindutse biteganijwe ko ibiganiro bizahuza abategetsi ba RDC n’ab’u Rwandabizaba ku matariki asoza uku kwezi kwa Karindwi uy’u mwaka; bahurire i Luanda mu gihugu cya Angola aho bazaganira ku birebana n’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Kuri ubu ikiri kuvugwa ni igihe ibiganiro biteganyijwe guhuza u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo mu rwego rwo gushakira amahoro n’umutekano uburasirazuba bwa Congo.

Iyi nama igiye kuba nyuma y’iyabereye muri Zanzibar muri Tanzania, nayo ikaba yarabaye mu ntangiriro z’uku kwezi kwa karindwi.Ku ruhande rw’u Rwanda yari yitabiriwe n’abarimo Minisitiri w’ubanyi n’amahanga, Olivier Duhungirehe hamwe n’umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ubanye n’amahanga ushinzwe umuryango wa Afrika y’iburasizuba, Gen James Kabarebe.

Mu gihe RDC yo yari ihagarariwe na minisitiri w’ubanye n’amahanga w’ungirije, Gracia Yamba.

Ibyavuye muri ibyo biganiro by’i Zanzibar byavugaga ko ba minisitiri b’u Rwanda n’aba-congo Kinshasa bemeranyije ko amakimbirane y’ibihugu akwiye gukemurwa hashingiwe ku buryo bwashyizweho ubwo umuryango uhuriwemo n’ibihugu bya Afurika y’ Uburasirazuba (EAC) washingwaga.

Bashingiye kuri iyi ngingo, abayobozi b’u Rwanda na Congo Kinshasa bemeranyije guhura hashingiwe ku myanzuro ya Luanda, gusa ntibiramenyekana neza niba leta ya Kinshasa izitabira ibyo biganiro bizabera i Luanda.

Kuko mu biherukwa gutangazwa n’abamwe mu bategetsi ba Kinshasa, byavugaga ko ibyigiwe i Zanzibar muri Tanzania atari ukuri. Ndetse kandi ko Minisitiri wa Congo wari muri ibyo biganiro yafashwe amafoto atabizi.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

18 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago