Umutoza mushya wa Rayon Sports ukomoka mu gihugu cya Brazil Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo yamaze gushyira umukono ku masezerano y’umwaka w’imikino wa 2024/2025.
Kuri uyu wa gatanu tariki 26 Kanama 2024, nibwo byemejwe bidasubirwaho ko Robertinho yamaze kuba umutoza w’ikipe ya Rayon Sports warumaze iminsi mike agarutse mu Rwanda.
Robertinho ni umutoza wigeze guhesha igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, ikipe ya Rayon Sports mu mwaka 2019.
Uyu mutoza akigera ku biro bya Rayon Sports agashyira umukono ku masezerano atoza iy’ikipe yambara ubururu n’umweru yavuze ko intego ye ari ugusubiramo amateka.
Ati “Kugera ku biro bya Rayon Sports nkahasanga igikombe nayihesheje 2019 bintera ishema. Intego ni ugusubiramo ayo mateka no muri uyu mwaka. Imana ibidufashemo.”
Rayon Sports ikomeje kwiyubaka mu buryo bushoboka yongera abakinnyi bashya baza basanga abandi kugira ngo irebe uko yazitwara neza mu mwaka w’imikino 2024/2025, dore ko umwaka ushize wayibereye impfabusa.
Ikipe ya Rayon Sports kandi yahise itangaza umutoza uzaba wungirije mukuru Quanane Sellami ukomoka muri Maroc, aho yamusinyishije umwaka umwe.
Robertinho yongeye kugaruka mu ikipe ya Rayon Sports avuye mu ikipe ya Simba SC yaramazemo umwaka umwe w’imikino.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…