IMIKINO

‘Intego niyo gusubiramo amateka’-Umutoza Robertinho nyuma yo gushyira umukono ku masezerano muri Rayon Sports

Umutoza mushya wa Rayon Sports ukomoka mu gihugu cya Brazil Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo yamaze gushyira umukono ku masezerano y’umwaka w’imikino wa 2024/2025.

Advertisements

Kuri uyu wa gatanu tariki 26 Kanama 2024, nibwo byemejwe bidasubirwaho ko Robertinho yamaze kuba umutoza w’ikipe ya Rayon Sports warumaze iminsi mike agarutse mu Rwanda.

Robertinho ni umutoza wigeze guhesha igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, ikipe ya Rayon Sports mu mwaka 2019.

Uyu mutoza akigera ku biro bya Rayon Sports agashyira umukono ku masezerano atoza iy’ikipe yambara ubururu n’umweru yavuze ko intego ye ari ugusubiramo amateka.

Ati “Kugera ku biro bya Rayon Sports nkahasanga igikombe nayihesheje 2019 bintera ishema. Intego ni ugusubiramo ayo mateka no muri uyu mwaka. Imana ibidufashemo.”

Rayon Sports ikomeje kwiyubaka mu buryo bushoboka yongera abakinnyi bashya baza basanga abandi kugira ngo irebe uko yazitwara neza mu mwaka w’imikino 2024/2025, dore ko umwaka ushize wayibereye impfabusa.

Ikipe ya Rayon Sports kandi yahise itangaza umutoza uzaba wungirije mukuru Quanane Sellami ukomoka muri Maroc, aho yamusinyishije umwaka umwe.

Robertinho yongeye kugaruka mu ikipe ya Rayon Sports avuye mu ikipe ya Simba SC yaramazemo umwaka umwe w’imikino.

Robertinho ashyira umukono w’amasezerano mu ikipe ya Rayon Sports nk’umutoza mushya
Robertinho yongeye guterura igikombe yahesheje Rayon Sports mu mwaka 2019

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago