MU MAHANGA

Perezida w’u Bufaransa Macron yavuze ibigwi mugenzi we Kagame mu nama ikomeye

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa mu ijambo yagejeje ku bashyitsi b’imena bitabiriye imikino ya Olympic mu muhango wo gutangiza iyi mikino, yaratiye abandi bayobozi ibigwi bya mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame bijyanye no kubaka ibikorwaremezo bya siporo nka BK Arena.

Advertisements

Ni imikino iri butangire ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu taliki 26, Nyakanga, 2024.

Umuyobozi mukuru w’Abafaransa avuga ko iyo ibikorwa remezo byubatswe neza kandi ari byinshi bigira uruhare mu kuzamura impano mu bato, bikababera uburyo bwo kwiyerekana no guhemberwa izo mpano bakiteza imbere.

Macron avuga ko ubwo yasuraga u Rwanda mu myaka micye ishize, yajyanye na Perezida Kagame kureba umwe mu mikino yabereye muri BK Arena, iki kikaba kimwe mu bikorwaremezo bya siporo bikomeye mu Rwanda.

Urwo ngo ni urugero rwiza abandi bakwiye kwigana niba bashaka ko urwego rw’imikino mu bihugu byabo rutera imbere.

Asaba ko ibihugu bikize bifasha ibikennye kubaka ibikorwaremezo nk’ibyo kuko biri mu bituma amajyambere yabyo azamuka bityo, gahoro gahoro, bikigobotora ubukene.

Ku byerekeye uko u Rwanda rwabigenje, Emmanuel Macron avuga ko u Rwanda rwabikoze vuba ku rugero rugaragarira buri wese.

Imikino Olimpiki y’i Paris iratangizwa n’umuhango ukomeye witabirwa n’ibyamamare bikomeye birimo Céline Dion, Aya Nakamura, Lady Gaga n’abandi.

Perezida Paul Kagame ari muri bacye mu bakuru b’ibihugu by’Afurika batumiwe mu itangizwa ryawo.

Ikinyamakuru Le Parisien cyatangaje ko mu mugezi witwa La Seine hari bubere akarasisi k’ubwato 85.

Abakinnyi 6,500 nibo bari bwitabire imikino itandukanye izakinirwa muri iri rushanwa mpuzamahanga riri muyakomeye kurusha andi abaho ku isi.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago