INKURU ZIDASANZWE

Umubare w’abahitanywe n’ibiza muri Ethiopia ukomeje kwiyongera

Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe guhuza ibikorwa by’ubutabazi (OCHA) bivuga ko impfu zatewe n’inkangu muri Ethiopia zazamutse zigera kuri 257, ariko biteganijwe ko umubare w’abahitanwa na nyuma uzaba 500.

Kuri uyu wa Kane, tariki 25 Nyakanga 2024, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryashyize ahagaragara iyo mibare nyuma y’isenyuka ry’akarere ka Gofa k’imisozi gaherereye mu majyepfo ya Ethiopia, irya mbere ryatewe n’imvura nyinshi yaguye ku wa mbere, irya kabiri rikaba ryaribasiye abari baje gutabara abantu.

Umubare w’abapfuye bavuguruwe wiyongereyeho 28 ku mibare yatanzwe na komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya ibiza muri Ethiopia ku wa kabiri (National Disaster Risk Management Commission).

Abantu babarirwa mu magana barwanije icyondo gitukura ahabereye ibiza mu gace ka Kencho Shacha, bashakisha abarokotse inkangu yahitanye abantu benshi.

OCHA yagize ati: “Abantu barenga 15.000 bafite ibibazo bakeneye kwimurwa.” Iyi mibare yarimo byibuze abana 1.320 kimwe n’abagore batwite 5.293 n’ababyeyi bashya.

Ikigo cya Leta cya Ethiopia gishinzwe gutangaza amakuru (EBC) cyatangaje ko benshi mu bishwe bashyinguwe nyuma yo kujya gufasha abatuye mu nzu yibasiwe n’inkangu.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

16 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

17 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago