Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe guhuza ibikorwa by’ubutabazi (OCHA) bivuga ko impfu zatewe n’inkangu muri Ethiopia zazamutse zigera kuri 257, ariko biteganijwe ko umubare w’abahitanwa na nyuma uzaba 500.
Kuri uyu wa Kane, tariki 25 Nyakanga 2024, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryashyize ahagaragara iyo mibare nyuma y’isenyuka ry’akarere ka Gofa k’imisozi gaherereye mu majyepfo ya Ethiopia, irya mbere ryatewe n’imvura nyinshi yaguye ku wa mbere, irya kabiri rikaba ryaribasiye abari baje gutabara abantu.
Umubare w’abapfuye bavuguruwe wiyongereyeho 28 ku mibare yatanzwe na komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya ibiza muri Ethiopia ku wa kabiri (National Disaster Risk Management Commission).
Abantu babarirwa mu magana barwanije icyondo gitukura ahabereye ibiza mu gace ka Kencho Shacha, bashakisha abarokotse inkangu yahitanye abantu benshi.
OCHA yagize ati: “Abantu barenga 15.000 bafite ibibazo bakeneye kwimurwa.” Iyi mibare yarimo byibuze abana 1.320 kimwe n’abagore batwite 5.293 n’ababyeyi bashya.
Ikigo cya Leta cya Ethiopia gishinzwe gutangaza amakuru (EBC) cyatangaje ko benshi mu bishwe bashyinguwe nyuma yo kujya gufasha abatuye mu nzu yibasiwe n’inkangu.
Umuraperikazi Oda Paccy yatangiye urugendo rukomeye yanyuzemo mu muziki birimo n'uko yahuye n'amarozi mu bikorwa…
Bukuru Christophe wanyuze mu makipe menshi mu Rwanda arimo nka APR Fc na Rayon Sports,…
Umuhanzi Liam Payne wahoze mu itsinda rya One Direction ryamamaye cyane mu myaka yashize yitabye…
Ubwo uruganda rukora inzoga Kasesa Distillers & Distributors ltd bageraga i Muhanga bakiranywe yombi, maze…
Umuraperi Kanye West akomeje gushinjwa ibyaha byinshi birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gushaka kuryamana…
Ikipe ya REG WBBC yatwaye igikombe cya shampiyona ya Basketball y’Abagore nyuma yo gutsinda APR…