MU MAHANGA

Umuhanzi Adekunle Gold yashimiye Olamide watumye akabya inzozi zo kuba uwari we kuri ubu

Umuhanzi Adekunle Gold wo muri Nigeria yashimiye mugenzi we w’umuraperi Olamide watumye akabya inzozi zo kuba uwari we kuri ubu.

Advertisements

Adekunle Almoruf Kosoko uzwi nka Adekunle Gold wamaze kuba icyamamare mu muziki, yahishuye ko ubusanzwe yakuriye mu nzu itunganya umuziki ya Olamide ari umushushanyi. Gusa nyuma iyi label yaje kumusinyisha amasezerano nk’umuhanzi kugeza abaye igihangange.

Mu butumwa yashyize ku rukuta rwa X (Twitter), Adekunle Gold uri kwitegura gushyira hanze umuzingo yashimiye uyu muraperi uri mu bafite izina rikomeye mu gihugu cya Nigeria.

Ati “Ndagushimira cyane, Olamide kuba warampaye amahirwe nk’iri muto yo gushushanya ikirango cya label ya YBNL, sibyo gusa kuko naje no kwisanga narageze no mu muryango.”

Ni album iriho indirimbo 16 zakozwe n’aba producers bakomeye batandukanye, Adekunle Gold avuga ko ari ishema kuba yarakabije inzozi zo gukorera muri label ya Olamide yitwa YBNL “Yahoo Boy No Laptop”.

Adekunle Gold kandi yashimiye umugore we Simi wagize uruhare rukomeye kuri album ye, amushimira uko yayigizemo uruhare mu mitunganyirize yayo yigomwa amajoro adasinzira kugira ngo izabe nziza.

Adekunle Gold w’imyaka 37 y’amavuko aheruka gutaramira i Kigali mu nyubako y’imyidagaduro ya Bk Arena mu mikino y’irushanwa rya BAL.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago