Umuhanzi Adekunle Gold wo muri Nigeria yashimiye mugenzi we w’umuraperi Olamide watumye akabya inzozi zo kuba uwari we kuri ubu.
Adekunle Almoruf Kosoko uzwi nka Adekunle Gold wamaze kuba icyamamare mu muziki, yahishuye ko ubusanzwe yakuriye mu nzu itunganya umuziki ya Olamide ari umushushanyi. Gusa nyuma iyi label yaje kumusinyisha amasezerano nk’umuhanzi kugeza abaye igihangange.
Mu butumwa yashyize ku rukuta rwa X (Twitter), Adekunle Gold uri kwitegura gushyira hanze umuzingo yashimiye uyu muraperi uri mu bafite izina rikomeye mu gihugu cya Nigeria.
Ati “Ndagushimira cyane, Olamide kuba warampaye amahirwe nk’iri muto yo gushushanya ikirango cya label ya YBNL, sibyo gusa kuko naje no kwisanga narageze no mu muryango.”
Ni album iriho indirimbo 16 zakozwe n’aba producers bakomeye batandukanye, Adekunle Gold avuga ko ari ishema kuba yarakabije inzozi zo gukorera muri label ya Olamide yitwa YBNL “Yahoo Boy No Laptop”.
Adekunle Gold kandi yashimiye umugore we Simi wagize uruhare rukomeye kuri album ye, amushimira uko yayigizemo uruhare mu mitunganyirize yayo yigomwa amajoro adasinzira kugira ngo izabe nziza.
Adekunle Gold w’imyaka 37 y’amavuko aheruka gutaramira i Kigali mu nyubako y’imyidagaduro ya Bk Arena mu mikino y’irushanwa rya BAL.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…