Uwayezu François Régis wari Vice Chairman wa APR FC yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Simba SC yo muri Tanzania.
Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ikipe ya Simba ryatangaje ko yemeza gutandukana n’uwari umuyobozi mukuru w’ikipe Imani Kajula warumaze igihe bakorana, amasezerano akaba agomba kurangirana n’ukwezi kwa Kanama 2024.
Ni mugihe Uwayezu François Régis we azatangira imirimo mishya tariki 1 Kanama 2024.
Ikipe ya Simba SC ivuga ko yahisemo guha akazi Uwayezu François Régis kubera ubushobozi yamubonyemo.
Uwayezu François Régis ati “Ni umwe mu bagabo, bategura neza kandi babikora mu buryo bugezweho kuva mu myaka 12 ishize akaba abifitiye ubunararibonye.”
Uwayezu François Regis yabaye umunyamabanga mukuru wa FERWAFA mu myaka 3, umwanya yeguyeho umwaka 2021 ku mpamvu ze bwite, mu mwaka 2023 yaje guhabwa akazi n’ikipe ya APR Fc, agirwa Vice chairman.
Bwana Uwayezu François Régis azahererekanya ububasha n’uwo asimbuye kuri uwo mwanya Bwana Imani Kajula tariki 31 Nyakanga 2024.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…