IMIKINO

Uwayezu François Régis yahawe akazi n’ikipe ya Simba SC yo muri Tanzania

Uwayezu François Régis wari Vice Chairman wa APR FC yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Simba SC yo muri Tanzania.

Advertisements

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ikipe ya Simba ryatangaje ko yemeza gutandukana n’uwari umuyobozi mukuru w’ikipe Imani Kajula warumaze igihe bakorana, amasezerano akaba agomba kurangirana n’ukwezi kwa Kanama 2024.

Ni mugihe Uwayezu François Régis we azatangira imirimo mishya tariki 1 Kanama 2024.

Ikipe ya Simba SC ivuga ko yahisemo guha akazi Uwayezu François Régis kubera ubushobozi yamubonyemo.

Uwayezu François Régis ati “Ni umwe mu bagabo, bategura neza kandi babikora mu buryo bugezweho kuva mu myaka 12 ishize akaba abifitiye ubunararibonye.”

Uwayezu François Regis yabaye umunyamabanga mukuru wa FERWAFA mu myaka 3, umwanya yeguyeho umwaka 2021 ku mpamvu ze bwite, mu mwaka 2023 yaje guhabwa akazi n’ikipe ya APR Fc, agirwa Vice chairman.

Bwana Uwayezu François Régis azahererekanya ububasha n’uwo asimbuye kuri uwo mwanya Bwana Imani Kajula tariki 31 Nyakanga 2024.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago