IZINDI NKURU

Gusaba ‘code’ yo gukorera ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo na burundu birenze inshuro imwe byakuweho

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yamaze guhagarika uburyo bwakoreshwaga n’abantu bashaka kwiyandikisha gukorera uruhushya rw’agateganyo na burundu ‘code’ zo gutwara ibinyabiziga birenze inshuro imwe.

Advertisements

Byagarutsweho mu kiganiro Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Boniface Rutikanga yahaye television y’igihugu, aho yavuze ko bamaze gukuraho uburyo bwo gufata imyanya irenze umwe, ku biyandikisha bashaka ‘code’ yo kuzakoreraho ibizamini by’impushya z’agateganyo n’iza burundu zo gutwara ibinyabiziga.

Yagize ati “Buriya hari igihe mwabonaga tuvuga umubare mwinshi ngo hiyandikishije nk’abantu 3000 ku munsi, muri abo 1000 biyandikishije imyanya itatu.”

Avuga ko kuri ubu bidashobora gukunda ku muntu wifuzaga kwiyandika inshuro irenze imwe, yongeraho ko iyo mibare izatuma, umubare ugabanuka ku buryo abakora bazakora batekanye hamwe n’abafatanyabikorwa.

Uburyo bwo gusaba ‘code’ ku bantu biyandikishaga bashaka gukorera ibizamini by’impushya z’agateganyo n’iza burundu zo gutwara ibinyabiziga byasabaga ko umuntu yiyandikishaga inshuro irenze imwe mu buryo bwo kubika umwanya, mugihe yatsinzwe inshuro imwe yongere ahite yongera gukora mu buryo b’umworoherera.

Ibi bishyizweho kandi mu buryo bwo kugabanya umuvundo w’abarwaniraga mu kwiyandikisha kugira ngo babone uko bakorera izo mpushya zo gutwara ibinyabiziga. Dore ko bamwe baburaga uko babona iyo mibare igusaba gukora kubera abenshi babaga bazifashe.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago