IZINDI NKURU

Gusaba ‘code’ yo gukorera ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo na burundu birenze inshuro imwe byakuweho

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yamaze guhagarika uburyo bwakoreshwaga n’abantu bashaka kwiyandikisha gukorera uruhushya rw’agateganyo na burundu ‘code’ zo gutwara ibinyabiziga birenze inshuro imwe.

Byagarutsweho mu kiganiro Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Boniface Rutikanga yahaye television y’igihugu, aho yavuze ko bamaze gukuraho uburyo bwo gufata imyanya irenze umwe, ku biyandikisha bashaka ‘code’ yo kuzakoreraho ibizamini by’impushya z’agateganyo n’iza burundu zo gutwara ibinyabiziga.

Yagize ati “Buriya hari igihe mwabonaga tuvuga umubare mwinshi ngo hiyandikishije nk’abantu 3000 ku munsi, muri abo 1000 biyandikishije imyanya itatu.”

Avuga ko kuri ubu bidashobora gukunda ku muntu wifuzaga kwiyandika inshuro irenze imwe, yongeraho ko iyo mibare izatuma, umubare ugabanuka ku buryo abakora bazakora batekanye hamwe n’abafatanyabikorwa.

Uburyo bwo gusaba ‘code’ ku bantu biyandikishaga bashaka gukorera ibizamini by’impushya z’agateganyo n’iza burundu zo gutwara ibinyabiziga byasabaga ko umuntu yiyandikishaga inshuro irenze imwe mu buryo bwo kubika umwanya, mugihe yatsinzwe inshuro imwe yongere ahite yongera gukora mu buryo b’umworoherera.

Ibi bishyizweho kandi mu buryo bwo kugabanya umuvundo w’abarwaniraga mu kwiyandikisha kugira ngo babone uko bakorera izo mpushya zo gutwara ibinyabiziga. Dore ko bamwe baburaga uko babona iyo mibare igusaba gukora kubera abenshi babaga bazifashe.

Christian

Recent Posts

APR FC yananiwe gukandagiza ikirenge mu matsinda ya CAF Champions League, isubirwa na Pyramids Fc

Ikipe ya APR Fc yananiwe kwikura imbere ya Pyramids Fc mu mukino wabereye mu Misiri…

1 hour ago

Rayon Sports yari yatezwe iminsi yababaje Gasogi united-AMAFOTO

Ikipe ya Rayon Sports yari yatezwe iminsi yabonye amanota atatu mbumbe ya mbere muri shampiyona…

2 hours ago

Umuhanzikazi Marina yatangaje ko ababajwe n’abakomeje kumubika ari muzima

Umuhanzikazi Marina Deborah wamamaye nka Marina mu muziki Nyarwanda yavuze ko ababajwe cyane n’abantu batangaje…

3 hours ago

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

1 day ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

1 day ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

1 day ago