Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bumaze gutangaza ko habaye impinduka yaho ‘Umunsi w’Igikundiro’ wagomba kubera kuri Stadium Amahoro hamaze kuba impinduka.
N’impinduka zije zitunguranye by’umwihariko ku bakunzi ba Rayon Sports, aho Umuvugizi w’Ikipe Ngabo Robert amaze gutangaza ko ibirori bya ‘Rayon Sports Day’ yagombaga kubera muri Sitade Amahoro yavuguruwe, byimuriwe kuri stade ya Kigali Pele.
Ni mugihe abakunzi bayo kandi bari batangiye kugura amatike yo kuzinjira muri ibi birori ngarukamwaka bitegurwa n’ikipe ya Rayon Sports, mugihe bari biteze ko bizabera muri sitade Amahoro yakira abantu ibihumbi 45 bicaye neza i Remera.
Rayon Sports yagombaga kuzakira ikipe ya Azam Fc yo muri Tanzania yari yatumiye.
‘Rayon Sports Day’ igomba kuzaba tariki 3 Kanama 2024 kuri Kigali Pele stadium i Nyamirambo ifite ubushobozi bwo kwakira yakira abafana bangana n’ibihumbi 22.
Ntazindi mpinduka ziratangazwa yaba ku cyerekereye amatike cyangwa n’amasaha umukino wagombaga kuzaberaho.
Aha kandi ntihigeze hatangazwa impamvu y’impinduka zatumye bahindura aho ibirori byagombaga kubera.
Ikipe ya APR Fc yananiwe kwikura imbere ya Pyramids Fc mu mukino wabereye mu Misiri…
Ikipe ya Rayon Sports yari yatezwe iminsi yabonye amanota atatu mbumbe ya mbere muri shampiyona…
Umuhanzikazi Marina Deborah wamamaye nka Marina mu muziki Nyarwanda yavuze ko ababajwe cyane n’abantu batangaje…
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…