IMIKINO

Ibirori bya ‘Rayon Sports Day’ byagombaga kubera kuri stade Amahoro byimuwe

Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bumaze gutangaza ko habaye impinduka yaho ‘Umunsi w’Igikundiro’ wagomba kubera kuri Stadium Amahoro hamaze kuba impinduka.

Advertisements

N’impinduka zije zitunguranye by’umwihariko ku bakunzi ba Rayon Sports, aho Umuvugizi w’Ikipe Ngabo Robert amaze gutangaza ko ibirori bya ‘Rayon Sports Day’ yagombaga kubera muri Sitade Amahoro yavuguruwe, byimuriwe kuri stade ya Kigali Pele.

Ni mugihe abakunzi bayo kandi bari batangiye kugura amatike yo kuzinjira muri ibi birori ngarukamwaka bitegurwa n’ikipe ya Rayon Sports, mugihe bari biteze ko bizabera muri sitade Amahoro yakira abantu ibihumbi 45 bicaye neza i Remera.

Rayon Sports yagombaga kuzakira ikipe ya Azam Fc yo muri Tanzania yari yatumiye.

‘Rayon Sports Day’ igomba kuzaba tariki 3 Kanama 2024 kuri Kigali Pele stadium i Nyamirambo ifite ubushobozi bwo kwakira yakira abafana bangana n’ibihumbi 22.

Ntazindi mpinduka ziratangazwa yaba ku cyerekereye amatike cyangwa n’amasaha umukino wagombaga kuzaberaho.

Aha kandi ntihigeze hatangazwa impamvu y’impinduka zatumye bahindura aho ibirori byagombaga kubera.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago