Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bumaze gutangaza ko habaye impinduka yaho ‘Umunsi w’Igikundiro’ wagomba kubera kuri Stadium Amahoro hamaze kuba impinduka.
N’impinduka zije zitunguranye by’umwihariko ku bakunzi ba Rayon Sports, aho Umuvugizi w’Ikipe Ngabo Robert amaze gutangaza ko ibirori bya ‘Rayon Sports Day’ yagombaga kubera muri Sitade Amahoro yavuguruwe, byimuriwe kuri stade ya Kigali Pele.
Ni mugihe abakunzi bayo kandi bari batangiye kugura amatike yo kuzinjira muri ibi birori ngarukamwaka bitegurwa n’ikipe ya Rayon Sports, mugihe bari biteze ko bizabera muri sitade Amahoro yakira abantu ibihumbi 45 bicaye neza i Remera.
Rayon Sports yagombaga kuzakira ikipe ya Azam Fc yo muri Tanzania yari yatumiye.
‘Rayon Sports Day’ igomba kuzaba tariki 3 Kanama 2024 kuri Kigali Pele stadium i Nyamirambo ifite ubushobozi bwo kwakira yakira abafana bangana n’ibihumbi 22.
Ntazindi mpinduka ziratangazwa yaba ku cyerekereye amatike cyangwa n’amasaha umukino wagombaga kuzaberaho.
Aha kandi ntihigeze hatangazwa impamvu y’impinduka zatumye bahindura aho ibirori byagombaga kubera.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…