IMIKINO

Nyuma y’uko ibirori bya ‘Rayon Sports Day’ byimuriwe muri Kigali Pele Stadium hatangajwe ibiciro bishya

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ibiciro bishya bigendanye no kwinjira mu birori bya ‘Rayon Sports Day’ biteganyijwe mu mpera z’icyumweru gitaha.

Advertisements

Nyuma y’uko ibirori bya ‘Rayon Sports Day’ byari biteganyijwe kubera muri Sitade Amahoro byimuriwe muri Kigali Pele Stadium, ubu buyobozi bwatangaje ibiciro bishya bitandukanye n’ibyari byatangajwe mbere.

Ni ibirori byimuriwe muri iyi sitade ku buryo butamenyekanye nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’ikipe ya Rayon Sports Ngabo Robben.

Ubuyobozi bwatangaje ko itike yo kwicara ahasanzwe izaba igura amafaranga ibihumbi 5Frw, naho mugice gitwikiriye itike iahyirwa ku bihumbi 10Frw, naho VIP, ishyirwa ku 20.000 Frw mugihe VVIP yashyizwe ku bihumbi 55Frw (zamaze gushira ku isoko).

Rayon Sports Day iteganyijwe kuba kuwa 3 Kanama 2024, ikazabera kuri sitade ya Kigali Pele, aho ikipe ya Rayon Sports izakina kuri uwo umunsi umukino n’ikipe ya Azam Fc yo muri Tanzania.

N’Ibirori kandi byo gusabana n’abafana babereka abakinnyi bashya baguzwe bakwiriye kuzafatanya mu mwaka utaha w’imikino.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago