Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ibiciro bishya bigendanye no kwinjira mu birori bya ‘Rayon Sports Day’ biteganyijwe mu mpera z’icyumweru gitaha.
Nyuma y’uko ibirori bya ‘Rayon Sports Day’ byari biteganyijwe kubera muri Sitade Amahoro byimuriwe muri Kigali Pele Stadium, ubu buyobozi bwatangaje ibiciro bishya bitandukanye n’ibyari byatangajwe mbere.
Ni ibirori byimuriwe muri iyi sitade ku buryo butamenyekanye nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’ikipe ya Rayon Sports Ngabo Robben.
Ubuyobozi bwatangaje ko itike yo kwicara ahasanzwe izaba igura amafaranga ibihumbi 5Frw, naho mugice gitwikiriye itike iahyirwa ku bihumbi 10Frw, naho VIP, ishyirwa ku 20.000 Frw mugihe VVIP yashyizwe ku bihumbi 55Frw (zamaze gushira ku isoko).
Rayon Sports Day iteganyijwe kuba kuwa 3 Kanama 2024, ikazabera kuri sitade ya Kigali Pele, aho ikipe ya Rayon Sports izakina kuri uwo umunsi umukino n’ikipe ya Azam Fc yo muri Tanzania.
N’Ibirori kandi byo gusabana n’abafana babereka abakinnyi bashya baguzwe bakwiriye kuzafatanya mu mwaka utaha w’imikino.
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…
Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…
Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…
José Mourinho utoza Fenerbahçe SK yahagaritswe imikino ine ndetse anacibwa amande ya 35.194£, nyuma yo…
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, mu Mujyi wa Bukavu hakozwe inama yaririmo…