Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ibiciro bishya bigendanye no kwinjira mu birori bya ‘Rayon Sports Day’ biteganyijwe mu mpera z’icyumweru gitaha.
Nyuma y’uko ibirori bya ‘Rayon Sports Day’ byari biteganyijwe kubera muri Sitade Amahoro byimuriwe muri Kigali Pele Stadium, ubu buyobozi bwatangaje ibiciro bishya bitandukanye n’ibyari byatangajwe mbere.
Ni ibirori byimuriwe muri iyi sitade ku buryo butamenyekanye nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’ikipe ya Rayon Sports Ngabo Robben.
Ubuyobozi bwatangaje ko itike yo kwicara ahasanzwe izaba igura amafaranga ibihumbi 5Frw, naho mugice gitwikiriye itike iahyirwa ku bihumbi 10Frw, naho VIP, ishyirwa ku 20.000 Frw mugihe VVIP yashyizwe ku bihumbi 55Frw (zamaze gushira ku isoko).
Rayon Sports Day iteganyijwe kuba kuwa 3 Kanama 2024, ikazabera kuri sitade ya Kigali Pele, aho ikipe ya Rayon Sports izakina kuri uwo umunsi umukino n’ikipe ya Azam Fc yo muri Tanzania.
N’Ibirori kandi byo gusabana n’abafana babereka abakinnyi bashya baguzwe bakwiriye kuzafatanya mu mwaka utaha w’imikino.
Ikipe ya APR Fc yananiwe kwikura imbere ya Pyramids Fc mu mukino wabereye mu Misiri…
Ikipe ya Rayon Sports yari yatezwe iminsi yabonye amanota atatu mbumbe ya mbere muri shampiyona…
Umuhanzikazi Marina Deborah wamamaye nka Marina mu muziki Nyarwanda yavuze ko ababajwe cyane n’abantu batangaje…
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…