Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yamaze gutangaza ko umukino wo guhatanira igikombe cya Super Cup uzahuza APR Fc na Police Fc uzaba tariki 10 Kanama 2024.
Ni umukino kandi washyizwe kuri Kigali Pele Stadium i Nyamirambo, aho uteganyijwe gutangira ku isaha ya Saa Cyenda z’amanywa (15H00′).
Super Cup ni igikombe kiruta ibindi gikinwa gihatanirwa mbere y’uko shampiyona y’umwaka w’imikino utangira, ikaba ihuza ikipe iba yaregukanye igikombe cya shampiyona n’ikipe yatwaye igikombe cy’Amahoro.
Aya makipe kandi ari kwitegura amarushanwa akomeye, aho APR Fc izahagarira u Rwanda mu irushanwa rya CAF Champions League naho Police Fc izahagarira u Rwanda mu irushanwa rya CAF Confederation Cup.
APR Fc na Police Fc zigiye guhatanira igikombe cya Super Cup 2024, mu gihe mu mukino uherutse guhuza aya makipe yombi Police Fc yatunguwe no gutsindwa igitego 1-0 na APR Fc igitego cyatsinzwe na Mugisha Gilbert mu mukino wo gutaha ku mugaragaro sitade Amahoro yavuguruwe.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…