Donald Trump yateguje intambara y’Isi ya gatatu mu gihe Kamala Harris bahaganye mu kuyobora Amerika yamutsinda

Donald Trump uhanganye na Kamala Harris mu mu rugendo rwo kuyobora Amerika yongeye kwibutsa abanyamerika n’abatuye isi, ko naramuka amutsinze hazavuka intambara ya gatatu y’Isi.

Ni mu gihe we avuga ko aramutse atowe, intambara hirya no hino ku isi zagabanuka, by’umwihariko izo mu burasirazuba bw’Isi.

Ibi Trump yabigarutseho mu mpera z’iki Cyumweru gishize ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza mu ishyaka rye ku mwanya w’umukuru w’Igihugu. Yavuze ko nk’ibisanzwe iyo umuyobozi ukomoka mu ishyaka ry’Abademokarate agiye ku butegetsi ashoza intambara.

Donald Trump yateguje intambara ya gatatu y’Isi naramuka atabaye Perezida wa Amerika

Yagize ati: “Nituramuka tudatsinze, muzabona intambara nyinshi mu Burasirazuba bwo hagati, ndetse n’intambara ya Gatatu y’Isi irashoboka. Mwegereye intambara ya Gatatu y’Isi kurenza ikindi gihe cyose cyabayeho kuva intambara ya kabiri yarangira. Turayikozaho imitwe y’intoki kubera iki gihugu.”

Trump wabayeho Perezida wa Amerika manda imwe, yavuze ko iyo aza kuba Perezida intambara y’u Burusiya na Ukraine iba itarabayeho. 

Yanongeyeho ko natorwa azahagarika iya Israel na Palestina.

Kamala Harris ahatanye na Donald Trump mu rugendo rwo kuyobora Amerika

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

11 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago