Donald Trump uhanganye na Kamala Harris mu mu rugendo rwo kuyobora Amerika yongeye kwibutsa abanyamerika n’abatuye isi, ko naramuka amutsinze hazavuka intambara ya gatatu y’Isi.
Ni mu gihe we avuga ko aramutse atowe, intambara hirya no hino ku isi zagabanuka, by’umwihariko izo mu burasirazuba bw’Isi.
Ibi Trump yabigarutseho mu mpera z’iki Cyumweru gishize ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza mu ishyaka rye ku mwanya w’umukuru w’Igihugu. Yavuze ko nk’ibisanzwe iyo umuyobozi ukomoka mu ishyaka ry’Abademokarate agiye ku butegetsi ashoza intambara.
Yagize ati: “Nituramuka tudatsinze, muzabona intambara nyinshi mu Burasirazuba bwo hagati, ndetse n’intambara ya Gatatu y’Isi irashoboka. Mwegereye intambara ya Gatatu y’Isi kurenza ikindi gihe cyose cyabayeho kuva intambara ya kabiri yarangira. Turayikozaho imitwe y’intoki kubera iki gihugu.”
Trump wabayeho Perezida wa Amerika manda imwe, yavuze ko iyo aza kuba Perezida intambara y’u Burusiya na Ukraine iba itarabayeho.
Yanongeyeho ko natorwa azahagarika iya Israel na Palestina.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…