IMIKINO

Kaizer Chiefs iherutse gutangaza, umuzamu Ntwari Fiacre yatangiye itsindwa imvura y’ibitego

Ku cyumweru tariki 28 Nyakanga 2024 ni bwo Kaizer Chiefs yo mu gihugu cya Afurika y’Epfo yatangaje ku mbuga nkoranyambaga zayo ko yakiriye Ntwali Fiacre nk’umukinnyi wayo mushya yasinyishije.

Advertisements

Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda‘Amavubi’ Ntwari Fiacre w’imyaka 24, ni umwe mu bakinnyi bashya baherutse gushyirwa ahagaragara n’ikipe ya Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo.

Uyu Fiacre watangiye umwuga wo gukina arererwa mu Academy y’ikipe ya APR FC, akajya muri Marines Fc, AS kigali na Ts Galaxy yari yashyizwe ku rutonde rw’abakinnyi ba Kaizer Chiefs rw’abagomba gukina na Yanga SC yo muri Tanzania.

Ntwari mu mukino we wa mbere muri Kaizer Chiefs yakinnye na Yanga SC yo muri Tanzania mu irushanwa ryo gufungurwa ku mugaragaro Toyota Cup muri Afurika y’Epfo batsinzwe 4-0.

Umunyezamu Fiacre yari yatangajwe mu bakinnyi bagombaga kwifashishwa kuri uyu mukino, ariko abanza ku ntebe y’abasimbura.

Ntwari Fiacre yari umwe mu bakinnyi bafashije cyane TS Galaxy mu mwaka ushize w’imikino, mu mikino 29 yakinnye mu mwaka ushize wa 2023/2024 yabashije kumara 12 atinjijwe igitego.

Umuzamu Ntwari Fiacre yatangajwe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer Chiefs

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago