Perezida Recep Tayyip Erdogan wa Turukiya yatangaje amagambo akomeye ateguza gutangiza intambara kuri Israel mu rwego rwo gufasha abanya-Palestine.
Ibinyamakuru byo muri Israel byasubiyemo amagambo ya Erdogan agira ati “Tugomba kuba dukomeye cyane kugira ngo Israel itabasha gukora ibintu ikorera Palestine.”
Perezida wa Turukiya yavugaga ku ntambara Israel irwana muri Gaza.
Yongeyeho ati “Nkuko twinjiye muri [Nagorno-]Karabakh, (ni agace kakunze gushyamiranya Azerbaijan na Armenia), nk’uko twinjiye muri Libya, tugomba gukora nk’ibyo twakoze kuri bo (avuga kujya muri Israel). Nta kintu tutabasha gukora. Birasaba gusa ko tuba dukomeye kugira ngo dutere iyi ntambwe.”
Haratutumba intambara ikomeye hagati ya Israel n’umutwe wa Hezbollah ukorera muri Lebanon.
Israel iherutse kurasa ku ishuri muri Gaza ivuga ko abarwanyi ba Hamas baryihishemo, ariko icyo gitero cyaguyemo abantu barenga 30 hakomereka abanda 100 biganjemo abana n’abagore.
Kuri iki cyumweru mu mujyi wa Riga mu gihugu cya Latvia, Erdogan aho yari mu birori niho yatangarije ariya amagambo akomeye.
Ku wa Gatandatu umutwe wa Hezbollah wagabye ibitero bya roketi mu misozi ya Golan igihugu cya Israel kigaruriye ibyo bisasu bigwa kuri Stade bihitana abana 12.
Israel ivuga ko izahora kuri icyo gitero.
Nubwo Turukiya ivuga ko ishobora gutera Israel, ubusanzwe ni kimwe mu bihugu biri mu muryango wa NATO, urimo ibindi nka Leta zunze ubumwe za America, Canada, Ubwongereza, Ubudage n’ibindi bicuditse na Israel.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…