INKURU ZIDASANZWE

Perezida Erdogan wa Turukiya yavuze ko agiye gutangiza intambara kuri Israel

Perezida Recep Tayyip Erdogan wa Turukiya yatangaje amagambo akomeye ateguza gutangiza intambara kuri Israel mu rwego rwo gufasha abanya-Palestine.

Ibinyamakuru byo muri Israel byasubiyemo amagambo ya Erdogan agira ati “Tugomba kuba dukomeye cyane kugira ngo Israel itabasha gukora ibintu ikorera Palestine.”

Perezida wa Turukiya yavugaga ku ntambara Israel irwana muri Gaza.

Yongeyeho ati “Nkuko twinjiye muri [Nagorno-]Karabakh, (ni agace kakunze gushyamiranya Azerbaijan na Armenia), nk’uko twinjiye muri Libya, tugomba gukora nk’ibyo twakoze kuri bo (avuga kujya muri Israel). Nta kintu tutabasha gukora. Birasaba gusa ko tuba dukomeye kugira ngo dutere iyi ntambwe.”

Haratutumba intambara ikomeye hagati ya Israel n’umutwe wa Hezbollah ukorera muri Lebanon.

Israel iherutse kurasa ku ishuri muri Gaza ivuga ko abarwanyi ba Hamas baryihishemo, ariko icyo gitero cyaguyemo abantu barenga 30 hakomereka abanda 100 biganjemo abana n’abagore.

Kuri iki cyumweru mu mujyi wa Riga mu gihugu cya Latvia, Erdogan aho yari mu birori niho yatangarije ariya amagambo akomeye.

Ku wa Gatandatu umutwe wa Hezbollah wagabye ibitero bya roketi mu misozi ya Golan igihugu cya Israel kigaruriye ibyo bisasu bigwa kuri Stade bihitana abana 12.

Israel ivuga ko izahora kuri icyo gitero.

Nubwo Turukiya ivuga ko ishobora gutera Israel, ubusanzwe ni kimwe mu bihugu biri mu muryango wa NATO, urimo ibindi nka Leta zunze ubumwe za America, Canada, Ubwongereza, Ubudage n’ibindi bicuditse na Israel.

Christian

Recent Posts

APR FC yananiwe gukandagiza ikirenge mu matsinda ya CAF Champions League, isubirwa na Pyramids Fc

Ikipe ya APR Fc yananiwe kwikura imbere ya Pyramids Fc mu mukino wabereye mu Misiri…

9 hours ago

Rayon Sports yari yatezwe iminsi yababaje Gasogi united-AMAFOTO

Ikipe ya Rayon Sports yari yatezwe iminsi yabonye amanota atatu mbumbe ya mbere muri shampiyona…

10 hours ago

Umuhanzikazi Marina yatangaje ko ababajwe n’abakomeje kumubika ari muzima

Umuhanzikazi Marina Deborah wamamaye nka Marina mu muziki Nyarwanda yavuze ko ababajwe cyane n’abantu batangaje…

12 hours ago

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

1 day ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

1 day ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

1 day ago