INKURU ZIDASANZWE

Valentine wamamaye nka Dorimbogo ‘Vava’ yashyinguwe mu gahinda kenshi

Valentine Nyiransengiyumva wamenyekanye nka Dorimbogo ‘Vava’ ku mbuga nkoranyambaga uherutse kwitaba Imana mu mpera z’icyumweru gishize, yashyinguwe kuri uyu wa Mbere 29 Nyakanga 2024.

Advertisements

Amakuru y’urupfu rwa nyakwigendera yamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu tariki 27 Nyakanga 2024, aho yaramaze iminsi mike arwaye.

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 29 Nyakanga 2024 ni bwo yasezeweho bwa nyuma ndetse aranashyingurwa iwabo muri Nyamasheke mu Murenge wa Kanjongo akagari ka Kibogora mu mudugudu wa Munini.

Uyu muhango wo kumusezeraho witabiriwe n’inshuti ze zaturutse ahantu hagiye hatandukanye ndetse n’umuryango we. Muri uyu muhango hagarutsweho ubuzima bwe yabayemo hano ku isi.

Abagize umuryango we bavuze ko Valentine Nyiransengiyumva yapfuye ariko adakenyutse dore ko yari n’umubyeyi, akaba asize abana babiri, gusa birinze gutangazaho byinshi.

Hagarutsweho kandi ko uyu Vava mu byukuri atishwe n’ikindi uretse kuba ari amarozi.

Ati “Twamurwaje igihe kitari kinini, avurwa avuga ko ari igifu, gusa byaje kunanirana babura indwara kuko we yumvaga aribwa cyane, yaje guhabwa ‘Transfer’ imujyana ku bitaro bya Kibuye imuvana ku bitaro bya Kibogora kuko babonaga byananiranye, gusa mbere y’uko ajya ku bitaro yabanye kunyuzwa mu rugo, ageze ku bitaro bya Kibuye ntiyamaze amasaha atatu yahise yitaba Imana.”

Dorimbogo yamenyekanye bwa Mbere muri 2022 ubwo yagiranye ikiganiro n’umuyoboro wa Youtube witwa Rose Tv. Ni ikiganiro cyabanjirije ibindi byose yakoze byatumye yamamara, abantu benshi baramumenya kandi baramukunda.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago