Valentine Nyiransengiyumva wamenyekanye nka Dorimbogo ‘Vava’ ku mbuga nkoranyambaga uherutse kwitaba Imana mu mpera z’icyumweru gishize, yashyinguwe kuri uyu wa Mbere 29 Nyakanga 2024.
Amakuru y’urupfu rwa nyakwigendera yamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu tariki 27 Nyakanga 2024, aho yaramaze iminsi mike arwaye.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 29 Nyakanga 2024 ni bwo yasezeweho bwa nyuma ndetse aranashyingurwa iwabo muri Nyamasheke mu Murenge wa Kanjongo akagari ka Kibogora mu mudugudu wa Munini.
Uyu muhango wo kumusezeraho witabiriwe n’inshuti ze zaturutse ahantu hagiye hatandukanye ndetse n’umuryango we. Muri uyu muhango hagarutsweho ubuzima bwe yabayemo hano ku isi.
Abagize umuryango we bavuze ko Valentine Nyiransengiyumva yapfuye ariko adakenyutse dore ko yari n’umubyeyi, akaba asize abana babiri, gusa birinze gutangazaho byinshi.
Hagarutsweho kandi ko uyu Vava mu byukuri atishwe n’ikindi uretse kuba ari amarozi.
Ati “Twamurwaje igihe kitari kinini, avurwa avuga ko ari igifu, gusa byaje kunanirana babura indwara kuko we yumvaga aribwa cyane, yaje guhabwa ‘Transfer’ imujyana ku bitaro bya Kibuye imuvana ku bitaro bya Kibogora kuko babonaga byananiranye, gusa mbere y’uko ajya ku bitaro yabanye kunyuzwa mu rugo, ageze ku bitaro bya Kibuye ntiyamaze amasaha atatu yahise yitaba Imana.”
Dorimbogo yamenyekanye bwa Mbere muri 2022 ubwo yagiranye ikiganiro n’umuyoboro wa Youtube witwa Rose Tv. Ni ikiganiro cyabanjirije ibindi byose yakoze byatumye yamamara, abantu benshi baramumenya kandi baramukunda.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…