INKURU ZIDASANZWE

Valentine wamamaye nka Dorimbogo ‘Vava’ yashyinguwe mu gahinda kenshi

Valentine Nyiransengiyumva wamenyekanye nka Dorimbogo ‘Vava’ ku mbuga nkoranyambaga uherutse kwitaba Imana mu mpera z’icyumweru gishize, yashyinguwe kuri uyu wa Mbere 29 Nyakanga 2024.

Amakuru y’urupfu rwa nyakwigendera yamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu tariki 27 Nyakanga 2024, aho yaramaze iminsi mike arwaye.

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 29 Nyakanga 2024 ni bwo yasezeweho bwa nyuma ndetse aranashyingurwa iwabo muri Nyamasheke mu Murenge wa Kanjongo akagari ka Kibogora mu mudugudu wa Munini.

Uyu muhango wo kumusezeraho witabiriwe n’inshuti ze zaturutse ahantu hagiye hatandukanye ndetse n’umuryango we. Muri uyu muhango hagarutsweho ubuzima bwe yabayemo hano ku isi.

Abagize umuryango we bavuze ko Valentine Nyiransengiyumva yapfuye ariko adakenyutse dore ko yari n’umubyeyi, akaba asize abana babiri, gusa birinze gutangazaho byinshi.

Hagarutsweho kandi ko uyu Vava mu byukuri atishwe n’ikindi uretse kuba ari amarozi.

Ati “Twamurwaje igihe kitari kinini, avurwa avuga ko ari igifu, gusa byaje kunanirana babura indwara kuko we yumvaga aribwa cyane, yaje guhabwa ‘Transfer’ imujyana ku bitaro bya Kibuye imuvana ku bitaro bya Kibogora kuko babonaga byananiranye, gusa mbere y’uko ajya ku bitaro yabanye kunyuzwa mu rugo, ageze ku bitaro bya Kibuye ntiyamaze amasaha atatu yahise yitaba Imana.”

Dorimbogo yamenyekanye bwa Mbere muri 2022 ubwo yagiranye ikiganiro n’umuyoboro wa Youtube witwa Rose Tv. Ni ikiganiro cyabanjirije ibindi byose yakoze byatumye yamamara, abantu benshi baramumenya kandi baramukunda.

Christian

Recent Posts

APR FC yananiwe gukandagiza ikirenge mu matsinda ya CAF Champions League, isubirwa na Pyramids Fc

Ikipe ya APR Fc yananiwe kwikura imbere ya Pyramids Fc mu mukino wabereye mu Misiri…

5 hours ago

Rayon Sports yari yatezwe iminsi yababaje Gasogi united-AMAFOTO

Ikipe ya Rayon Sports yari yatezwe iminsi yabonye amanota atatu mbumbe ya mbere muri shampiyona…

6 hours ago

Umuhanzikazi Marina yatangaje ko ababajwe n’abakomeje kumubika ari muzima

Umuhanzikazi Marina Deborah wamamaye nka Marina mu muziki Nyarwanda yavuze ko ababajwe cyane n’abantu batangaje…

8 hours ago

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

1 day ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

1 day ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

1 day ago