INKURU ZIDASANZWE

Abayobozi bakomeye batatu ba M23 basabiwe igihano cy’urupfu

Abayobozi bari ku ruhembe rwa M23, barimo Gen Sultani Makenga ukuriye igisirikare cy’uyu mutwe w’inyeshyamba, Corneille Nangaa, Bertrand Bisimwa, Col. Willy Ngoma n’abandi benshi bo mu ihuriro rya AFC basabiwe igihano cy’urupfu n’Ubushinjacyaha bw’igisirikare cya RDC.

Abaregwa bose hamwe uko ari 26 bashinjwa ibyaha birimo iby’intambara, kujya mu mutwe utemewe ndetse n’ubugambanyi. Ni ibihano basabiwe kuri uyu wa mbere tariki 29 Nyakanga 2024.

Ni ibyaha Kinshasa ibarega gukorera mu burasirazuba bwa Congo aho umutwe wa M23 umaze igihe ugenzura ibice bitandukanye by’intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ku ikubitiro abaregwa bari 25 gusa ku wa Mbere bongerwamo Colonel Vianney Kanyamuhanda Kazarama wahoze ari umuvugizi wa M23.

Mu baregwa bose Nangaa Baseane Putters usanzwe ari se wabo wa Corneille Nangaa ni we wenyine utasabiwe igihano cy’urupfu, kuko we yasabiwe imyaka 20 y’igifungo.

Abaregwa kandi basabiwe gucibwa ihazabu ya $ miliyari 1 nk’impozamarira ku banye-Congo bagizweho ingaruka n’intambara imaze igihe isakiranya M23 n’ingabo za Leta.

Kugeza ubu abenshi mu baregwa bose uko ari 26 batanu muri bo ni bo gusa Leta ya Congo yataye muri yombi.

Nangaa na bagenzi be basabiwe igihano kiruta ibindi muri RDC, mu gihe uyu wahoze ari Perezida wa Komisiyo y’amatora muri RDC aheruka kugaragaza ruriya rubanza nk’urudafite ishingiro, mbere yo gushimangira ko rudashobora guhagarika AFC mu rugamba irimo.

Christian

Recent Posts

APR FC yananiwe gukandagiza ikirenge mu matsinda ya CAF Champions League, isubirwa na Pyramids Fc

Ikipe ya APR Fc yananiwe kwikura imbere ya Pyramids Fc mu mukino wabereye mu Misiri…

3 hours ago

Rayon Sports yari yatezwe iminsi yababaje Gasogi united-AMAFOTO

Ikipe ya Rayon Sports yari yatezwe iminsi yabonye amanota atatu mbumbe ya mbere muri shampiyona…

4 hours ago

Umuhanzikazi Marina yatangaje ko ababajwe n’abakomeje kumubika ari muzima

Umuhanzikazi Marina Deborah wamamaye nka Marina mu muziki Nyarwanda yavuze ko ababajwe cyane n’abantu batangaje…

6 hours ago

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

1 day ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

1 day ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

1 day ago