MU MAHANGA

Perezida Neva yasabwe gusesa guverinoma ye kugira ngo igihugu gitekane

Ubwo ubuyobozi bw’ishyaka rya Sahwanya Frodebu ritavuga rumwe na CNDD-FDD ryizihizaga isabukuru y’imyaka 32 rimaze rukora mu buryo bwemewe mu gihugu cy’u Burundi, ryatanze ibyifuzo by’uko Perezida Ndayishimiye Evariste yasesa guverinoma ye yose kugira ngo igihugu gitengamare.

Advertisements

Ni mu biganiro byahuje abagize iri shyaka mu mpera z’icyumweru dusoje, aho ryavuze ko kwirukana abagize guverinoma iriho no gushyiraho uburyo bwemerera gutahuka ku bantu bose bari mu buhungiro kuva mu 2015 aribyo byatuma u Burundi bwongera kugira umutuzo.

Perezida w’ishyaka rya Sahwanya Frodebu, Patrick Claver Nkurunziza abihuza nuko Perezida Ndayishimiye Evariste ubwe yivugiye ko abaminisitiri bakorana nawe badashoboye, akaboneraho kumusaba ko yakora impinduka ku ntebe ye nibura akareka impunzi zigatahuka ku buryo yabongera muri guverinoma ye.

Ati “Mbere na mbere, turagira inama Umukuru w’igihugu gukora ibishoboka byose kugira ngo impunzi zose z’Abarundi ziba mu buhungiro zisubire mu gihugu.

Turifuza ko kandi yanahindura guverinoma akongeramo n’abandi batavuga rumwe n’ubutegetsi.”

Patrick avuga ko uretse no kureka izo mpunzi zagiye zishinjwa guhirika ubutegetsi bakwiriye no kuroherezwa mu bihango kugira ngo zitahuke zije zifatikanye kubaka igihugu.

Perezida w’ishyaka rya nyakwigendera Melchior Ndadaye, na we mu ijambo rye, yasabye ko uburenganzira bwa muntu bwakubahirizwa muri rusange.

Ati: “Ntihakagire umuntu uhatirwa kujyanwa mu bunyage, kandi ntihazagire umuntu wongera gutabwa muri yombi cyangwa kwicwa ngo ni uko adashyigikiye ubutegetsi. “

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago